00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

‘Gymnase’ nshya ya Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare izatwara miliyari 2,5 Frw

Yanditswe na Iradukunda Olivier, Theodomire Munyengabe
Kuya 25 May 2025 saa 09:39
Yasuwe :

Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare igiye kubaka Gymnase n’ibibuga by’imikino bizatwara miliyari 2,5 Frw, bikazubakwa mu bice bibiri, aho icya mbere kizatwara miliyari 1,2 Frw.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 25 Gicurasi 2025, ni bwo hakinwe imikino ya nyuma mu byiciro 11 by’irushanwa rya Memoriale Rutsindura, riri kuba ku nshuro yaryo ya 21.

Mbere y’uko hatangira imikino ya nyuma, habanje igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro igikorwa cyo gutangiza ibikorwa byo kubaka inyubako nshya izajya iberamo imikino y’intoki muri iri rushanwa.

Umuyobozi wa Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare, Padiri Jean de Dieu Habanabashaka, yavuze ko bamaze kwemererwa ubutaka buhagije buzubakwaho ibi bibuga.

Ati “Twateguye gutangiza uyu mushinga dushaka ko dutera intambwe tukubaka inyubako y’imikino ikinirwa mu nzu irimo Volleyball na Basketball, hakaba n’ikibuga cy’umupira w’amaguru, aho tuzatunganya ikibuga kiri hanze.”

“Iyo nyubako izaba iri inyuma ya Seminari kuko harisanzuye, kandi Umwepiskopi [Mgr. Ntagungira Jean Bosco] yarabitwemereye. Iyi nyubako izaba irimo ibintu byose, abana bazajya bidagadurira ndetse n’aho kwicara umuntu akica akanyota.”

Umushinga uzagirwamo uruhare n’Ihuriro ry’Abize mu iseminari (Association Des Anciens Séminaristes Virgo Fidelis - ASEVIF), nk’uko Visi Perezida wa kabiri waryo, Ngarambe Raphaël, yabisobanuye.

Ati “Iyi Seminari yatwigishije tutemerewe kwiga, iranaturera. Twe tuyifata nk’umuryango kuko dusa n’aho twanigiraga ubuntu. Bivuze ko natwe tugomba kugira inyiturano, tukamenya ko tutagomba kuva muri uyu muryango.”

“Ibi byose byateguwe bikorwa n’abize hano. Si ukuvuga ngo turuta abandi bose, ariko sindabona abantu bashyize hamwe nk’abize hano. Turi abantu bagera kuri 468, twese navuga ko twifashije. Bityo rero ntabwo twananirwa kubaka iyi nyubako.”

Ngarambe akomeza avuga ko ari igikorwa kizaba mu bice bibiri kandi bikaba biri mu murongo w’Ishyirahamwe rya Volleyball mu Rwanda (FRVB), dore ko ari na Perezida waryo.

Ati “Tuzongera duhure twitange noneho twubake mu byiciro. Tuzahera ku nzu y’imikino y’intoki. Nk’Ishyirahamwe tumaze imyaka ibiri twaremeje ko nta mukino wa Vollyeball mu Cyiciro cya Mbere, wemerewe kubera hanze. Iyi ni intambwe yo kugira ngo twongere ibikorwaremezo.”

“Abaseminari tunyarutse twubake iyi nzu kuko turifuza ko uyu mwaka dukinira muri iyi nyubako imeze neza, inasakaye.”

Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare, ivuga ko uyu Mushinga wose uzatwara miliyari 2,5 Frw, icyiciro cya mbere kikazatwara miliyari 1,2 Frw.

Police VC ni yo yegukanye irushanwa rya Memoriale Rutsindura itsinze REG VC amaseti 3-1 (25-12, 19-25, 25-17, 25-23), mu gihe APR WVC yatsinze RRA WVC amaseti 3-0 (25-23, 25-21, 25-23).

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yakurikiye imikino ya nyuma ya Memoriale Rutsindura
Ngarambe Raphaël yavuze ko amafaranga yo kubaka azaturuka mu bize muri iri shuri
Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare izubaka ibibuga bizatwara miliyari 2,5 Frw
Ibibuga bizubakwa bigizwemo uruhare n'abize muri Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare
Perezida wa FRVB, Ngarambe Raphaël, yavuze ko abize muri Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare bakwiriye kuyitura
Padiri Jean de Dieu Habanabashaka yavuze ko bamaze kubona ubutaka bwo kubakaho ibibuga
Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare hazubakwa ibibuga bya siporo bitandukanye
Police VC yegukanye umwanya wa mbere muri Memoriale Rutsindura
APR WVC yegukanye Igikombe cya Memoriale Rutsindura mu Bagore

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .