Iri rushanwa riri kubera i Abuja muri Nigeria kuva tariki ya 1 kugeza ku ya 14 Mata 2025, ryitabiriwe n’amakipe 16 yo mu bihugu bitandukanye.
Mu gihe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 7 Mata 2025, Abanyarwanda n’inshuti zabo batangiye icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, n’amakipe ya APR na Police WVC azifatanya na bo.
Kuri uyu munsi, APR na Police nta mikino zifite kuko ari ikiruhuko nyuma yo gusoza imikino y’amatsinda, ariko zizajya zifata umunota wo kwibuka mbere yo gukina indi mikino zisigaje, aho iya 1/8 izatangira ku wa Kabiri, tariki ya 8 Mata 2025.
APR WVC yabaye iya kabiri mu Itsinda A izahura na La Loi VC yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabaye iya gatatu mu Itsinda C.
Ni mu gihe Police WVC yabaye iya gatatu mu Itsinda D izahura na Prisons yo muri Kenya, yo yabaye iya kabiri mu Itsinda B.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!