00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amakipe ane y’u Rwanda yose yageze muri 1/8 cya ‘CAVB Men’s Club Championship 2026’

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 28 April 2026 saa 09:59
Yasuwe :

APR VC yatsinzwe n’Ikipe ya Projet yo mu Misiri amaseti 3-0 (25-18, 25-18, 29-27) mu mukino usoza iyo mu Itsinda A, ariko amakipe ane yose ahagarariye u Rwanda mu mikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Volleyball abona itike ya 1/8.

Umukino wa APR na Projet wabereye muri BK Arena ku mugoroba wo ku wa Mbere, ndetse Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yari ishaka intsinzi ituma izamuka idatsinzwe.

Gusa ntiyorohewe n’Abanya-Misiri batsinze iseti ya mbere ku manota 25-18, umutoza Sammy Mulinge agerageza guhindura yinjizamo abarimo Niyonshima Samuel, aruhura James Achuil, ariko na bwo batsindwa iseti ya kabiri ku manota 25-18 mbere yo gutakaza n’iya gatatu ku manota 29-27.

Nubwo yatsinzwe, APR VC yazamutse ari iya gatatu muri iri tsinda, inyuma ya Nemo Stars yo muri Uganda yo yatsinze Litto Team yo muri Cameroun amaseti 3-0 (25-21, 25-16, 25-12) na Projet Sports Club.

Mu Itsinda B, Al Ahly yo mu Misiri yasoje imikino yayo idatsinzwe nyuma yo kwihererana AS INJS yo muri Côte d’Ivoire ikayitsinda amaseti 3-0 (25-13, 25-15, 25-17) mu gihe Kepler VC yo mu Rwanda yabonye intsinzi ya kane itsinze Equity Bank yo muri Kenya amaseti 3-1 (25-19, 20-25, 25-23, 25-18).

Mu Itsinda C, Police VC yasoje imikino yayo idatsinzwe nyuma yo kwigobotora Kenya Ports Authoriy mu mukino w’amaseti atanu (25-20, 20-25, 25-19, 21-25, 15-12).

Wolaitta Dicha Sports Club yo muri Ethiopia yatsinze Prisons VC yo muri Tanzania amaseti 3-0 (25-22, 25-22, 25-22) naho Faith Union yo muri Maroc itsinda Ghana Army amaseti 3-2 (24-26, 25-14, 18- 25, 25-23, 15-13).

Mu Itsinda D, REG VC yihanangirije Kabili Sporting yo muri Ghana iyitsinda amaseti 3-0 (25-19, 25-21, 25-23) naho Port Autonome de Douala yo muri Cameroun itsinda General Service Unit yo muri Kenya amaseti 3-0 (25-14, 25-22, 25-20).

Amakipe yabonye itike ya 1/8 kizakinwa guhera ku wa Gatatu:

Itsinda A: Nemo Stars, Petrojet, APR VC na Nigeria Customs.

Itsinda B: Al Ahly SC, Kepler VC, Sport-S na Equity Bank.

Itsinda C: Police VC, Faith Union, Ghana Army na Kenya Ports Authority.

Itsinda D: Port Autonome de Douala, General Service Unit, REG VC na Kabili Sporting.

Uko gahunda ya 1/8 iteye:

REG VC izakina na Sport-s VC yo muri Uganda ku wa Gatatu Saa 10:00 naho Police VC ikine na Nigeria Customs Saa 14:00 muri BK Arena.

Kepler VC izakina na General Service Unit yo muri Kenya Saa 16:00 naho APR VC ikine na Faith Union yo muri Maroc Saa 20:00 muri BK Arena.

Gahunda yose ya 1/8 kizakinwa ku wa Gatatu:

  • Nemo Stars vs Kenya Ports Authority
  • REG VC vs Sport-S VC
  • Police VC vs Nigeria Customs
  • Kepler VC vs General Service Unit
  • Port Autonome de Douala vs Equity Bank
  • Petrojet SC vs Ghana Army
  • Al Ahly vs Kalibi SC
  • Faith Union vs APR VC
APR VC yatsinzwe na Projet mu mukino usoza iyo mu Itsinda A
REG VC yabonye intsinzi ishimangira gukomeza kwayo itsinze Kabili Sporting yo muri Ghana
Byari ibyishimo ku bakinnyi ba REG VC nyuma yo gutsinda uyu mukino wabereye muri Petit Stade i Remera
Kepler VC na yo yabonye itike ya 1/8 itsinze Equity Bank
Umukino umwe Kepler VC yatsinzwe mu Itsinda B, ni uwayihuje na Al Ahly
Perezida wa FRVB, Ngarambe Raphaël, akurikiye umukino wa Kepler VC na Equity
Umuyobozi Mukuru wa Kepler, Nathalie Munyampenda, ashyigikiye ikipe ye
Police VC ni yo kipe yo mu Rwanda yazamutse yaratsinze imikino yayo yose yo mu itsinda
Byasabye gukina amaseti atanu kugira ngo Police VC yigaranzure KPA yo muri Kenya
Umuyobozi w'Ikipe ya Police VC, CSP Jackline Urujeni, ashyigikiye abakinnyi be

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages