00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tour du Rwanda: Ibyaranze agace ka Kigali- Gicumbi kashimishije Abanyarwanda (Amafoto na Video)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 23 February 2022 saa 03:04
Yasuwe :

Muhoza Eric wa Team Rwanda ni we Munyarwanda waje hafi aho yabaye uwa gatanu mu Gace ka Kane ka Tour du Rwanda kegukanywe na Main Kent wa ProTouch. Umufaransa Axel Laurance ukinira B&B Hotels KTM yahise yambara umwenda w’umuhondo nyuma y’aka gace kasorejwe i Gicumbi kavuye i Kigali mu gihe umwambaro w’uhiga abandi mu kuzamuka n’uwahatanye kurusha abandi yambawe n’Abanyarwanda.

Kuri uyu wa Gatatu, abasiganwa bahagurutse Kimironko saa Tatu babanza kugenda kilometero 3,5 zitabarwa banyuze kuri Kigali Parents.

Bageze muri Free Trade Economic Zone i Masoro ni bwo hatangiye kubarwa ibihe by’ibilometero 124,3, baca mu muhanda wa Zindiro – Kimironko – Kibagabaga –Kagugu- Gasanze – Nyacyonga- Karuruma- Gatsata na Nyabugogo.

Mohd Zariff ukinira ikipe ya Terengganu yagerageje gutoroka abandi bwa mbere ariko bahita bamugarura, haza gukurikiraho Nsengimana Jean Bosco watorotse abandi bamaze kugenda kilometero eshanu.

Nsengimana Jean Bosco yazamutse umusozi w’i Masoro ari imbere y’abandi, aba ari na we wegukana amanota ya mbere yo kuzamuka.

Ubwo abakinnyi bazamukaga i Shyorongi, isiganwa ryayobowe n’itsinda ry’abakinnyi 10 barimo Scott McGill (Wildlife), Mugisha Samuel (ProTouch), Andreas Goeman (Tarteletto), Niyonkuru Samuel (Rwanda), Sandy Dujardin (TotalEnergies), Omer Goldstein (Israel-Premier Tech), Jesus Muela Ezquerra (Burgos), Pierre Rolland (B&B Hotels), Andreas Nielsen (Team Coop) na Johannes Adamietz (Saris Rouvy).

Abanyarwanda bari bahagaze neza mu bilometero bya mbere aho uretse Nsengimana Jean Bosco wegukanye amanota y’umusozi i Masoro, Mugisha Samuel ukinira ProTouch yegukanye andi yatangiwe i Kanyinya, ku Murenge no ku musozi wa Tetero muri Gicumbi.

Mugisha Samuel wari muri barindwi bayoboye isiganwa ubwo ryari rigeze muri Cyungo ku musozi wa Tetero, yasigaye ariko muri abo bakinnyi hasigaramo Umunyarwanda Niyonkuru Samuel kugeza mu bilometero 10 bya nyuma.

Omer Goldstein wa Israel Premier Tech n’Umufaransa Pierre Rolland ukinira B&B Hotels, bombi bashatse gucika abandi mu bilometero 10 bya nyuma, ariko uwo byahiriye ni Main Kent ubwo abasiganwa bari bageze hafi ya Hoteli Urumuri mu bilometero bitatu bya nyuma.

Kent Main wa ProTouch yacomotse ari kumwe na Mugisha Moïse bakinana, bombi bashyiramo amasegonda umunani hagati yabo n’igikundi mu bilometero bibiri bya nyuma.

Uyu Munya-Afurika y’Epfo wari washyizemo amasegonda 15 hagati ye n’igikundi muri metero 500, yatanze abandi i Gicumbi mu Mujyi akoresheje amasaha atatu, iminota 17 n’amasegonda 40.

Yakurikiwe na Budiak Anatolii wa Terengganu Polygon Cycling wabaye uwa kabiri arushwa amasegonda abiri mu gihe Alan Boileau wa B&B Hotels, Eyob Metkel wa Bike Aid na Muhoza Eric wa Team Rwanda basizwe amasegonda atatu mu myanya itanu ya mbere. Kuva ku mukinnyi wa gatatu kugeza ku wa 16 bose bakoresheje ibihe bimwe.

Undi Munyarwanda waje hafi ni Manizabayo Eric ‘Karadiyo’ wa Benediction Ignite wabaye uwa 18 arushwa amasegonda 10, Nsengimana Jean Bosco bakinana aba uwa 23 arushwa amasegonda 25.

Mugisha Moïse wa ProTouch yabaye uwa 25 arushwa amasegonda 36, Iradukunda Emmanuel [Team Rwanda] aba uwa 29, Uwiduhaye [Benediction] aba uwa 30 barushwa umunota mu gihe Niyonkuru Samuel [Team Rwanda] yabaye uwa 36 arushwa umunota n’amasegonda icyenda.

Nyuma y’uduce tune tumaze gukinwa, umwenda w’umuhondo wambawe na Axel Laurance wa B&B Hotels umaze gukoresha amasaha 10, iminota 45 n’amasegonda arindwi, ni nyuma y’uko Restrepo Jhonatan yagowe n’agace k’uyu munsi kuko yasaga n’urwaye.

Uwa kabiri ni Madrazo Angel Ruiz wa Burgos arushwa amasegonda 10 kimwe na Natnael Tesfazion wa Drone Hopper mu gihe Umunyarwanda uza hafi ari Muhoza Eric wa 13 arushwa umunota umwe n’amasegonda 45.

Mugisha Samuel yambitswe umwambaro w’umukinnyi urusha abandi guterera imisozi naho Niyonkuru Samuel ahembwa nk’umukinnyi wagaragaje guhangana kurusha abandi. Aba bombi biyongera kuri Muhoza Eric wabaye Umunyarwanda witwaye neza kurusha abandi.

Tour du Rwanda 2022 izakomeza ku wa Kane, tariki ya 24 Gashyantare, hakinwa Agace ka Gatanu kazahagurukira i Muhanga kerekeza i Musanze [unyuze i Kigali] ku ntera y’ibilometero 124,7.

Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah, aganiriza Muhoza Eric mbere y'uko abakinnyi bahaguruka Kimironko
Patrick Byukusenge na Nsengimana Jean Bosco baganira mbere y'isiganwa
Abakinnyi ba Team Rwanda baganira n'aba Benediction Ignite mbere y'uko isiganwa ritangira
Bamwe mu bafana bari bategereje amagare mu Gatsata hafi ya Nyabugogo
Abantu bari benshi kuri Base
Nsengimana Jean Bosco [Benediction] na Uhiriwe Byiza Renus [Rwanda] bagendera hamwe n'abandi mu gikundi
Mugisha Samuel na Niyonkuru Samuel bari mu itsinda ryayoboye isiganwa muri Rulindo
Main Kent yatanze abandi kugera i Gicumbi
Umunya-Afurika y'Epfo Main Kent ashimirwa nyuma yo kwegukana Agace ka Kigali- Gicumbi
Axel Laurence wa B&b Hotels yambaye umwenda w'umuhondo
Laurence Axel yafashe umwenda w'umuhondo nyuma y'uko Restrepo agowe n'agace ka kane
Umunyarwanda Mugisha Samuel yahize abandi mu guterera imisozi ahembwa na Cogebanque
Mugisha wa ProTouch yitwaye neza i Kanyinya, ku Murenge no ku musozi wa Tetero
Laurance Axel wa B&B Hotels ni we mukinnyi muto witwaye neza mu isiganwa, ahembwa na Prime Insurance Ltd
Axel Laurance akomeje kwambara umwambaro wa Prime Insurance yafashe ku wa Kabiri
Sandy Dujardin wa TotalEnergies ni we wambaye umwambaro w'umukinnyi ubaduka 'sprint' kurusha abandi
Muhoza Eric yahembwe nk'Umunyarwanda uhagaze neza mu isiganwa
Umunya-Eritrea Natnael Tesfazion wa Drone Hopper ni we Munyafurika ukomeje kwitwara neza
Umunyarwanda Niyonkuru Samuel yahembwe nk'umukinnyi wahatanye kurusha abandi
Drone Hopper- Androni Giocattoli ni yo kipe yitwaye neza
Rwarutabura na Rujugiro bamenyerewe muri ruhago nk'abafana ba Rayon Sports na APR FC bari mu bahekereje Tour du Rwanda aho igana hose

Amafoto: Igirubuntu Darcy

Video: Amahoro Pacifique


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .