00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

TdRwanda2022: Cogebanque yorohereje abakiliya kubona serivisi z’imari hakoreshejwe ’Internet Banking’ (Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 February 2022 saa 10:18
Yasuwe :

Banki Nyarwanda y’Ubucuruzi, Cogebanque yaherekeje Tour du Rwanda 2022 aho inagenda isobanurira abakunzi b’amagare serivisi z’imari zaborohereza kujyana n’ibigezweho bifashishije internet.

Muri Tour du Rwanda, iyi Banki Nyarwanda yarushijeho kwegereza abakiliya bayo serivisi zabafasha kwiteza imbere no kubona serivisi z’imari hafi yabo bakoresheje internet.

Ni uburyo bwiswe Internet Banking bwatangijwe mu 2017 hagamijwe gufasha abakiliya kugera kuri serivisi za banki aho baba bari hose kandi batavunitse.

Hari hanagamijwe kugendana na gahunda u Rwanda rwihaye yo kubaka ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga, aho ryifashishwa mu ihererekanywa ry’amafaranga nk’uburyo bwizewe, bwihuta kandi bunogeye ababukoresha.

Ubu butumwa buri mu bwahawe abatuye mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali i Nyamirambo, ahahagurukiye Agace ka Karindwi ka Tour du Rwanda 2022, gasorezwa muri Mont Kigali nyuma yo kunyura i Gicumbi.

Antoine Iyamuremye Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Cogebanque, yavuze ko Internet Banking yorohereje abakiliya bayo.

Yagize ati “Ushobora kubona serivisi zacu ukoresheje uburyo bwa Internet Banking, aho ubasha gukoresha konti yawe hifashishijwe murandasi. Ubu buryo bufasha kuba wakwishyura umuntu umwe cyangwa itsinda ry’abantu ako kanya amafaranga akabageraho kandi ushobora kuyikoresha aho waba uri hose ku Isi.”

Yanavuze ko Internet Banking ifite umutekano wizewe ku muntu uyikoresha kuko idatuma ahura n’ibibazo byo kuba yakwibwa.

Ati “Umuntu ushaka koherereza abantu amafaranga, ibyo na byo birakorwa. Ubu buryo burizewe kandi bufite umutekano kuko tuguha umubare w’ibanga [‘one-time password’], aho buri uko winjiyemo ubasha kwinjira muri konti yawe ukaba wakora ibintu bitandukanye. Ikindi cyiza cyayo ni uko ibika ibyakozwe, ubutaha ukabibona mu buryo bworoshye.”

Cogebanque kandi yatangije uburyo bwa SchoolGEAR bufasha ibigo by’amashuri kumenya ko amafaranga y’ishuri yishyuwe mu buryo bwihuse.

Iyamuremye yakomeje ati “SchoolGEAR ni uburyo bwo kwishyura amafaranga y’ishuri, aho ibigo byose bikorana na Cogebanque tubishyira muri ubwo buryo aho umwana ahabwa kode, akajya ku ishami rya Cogebanque akishyura amafaranga y’ishuri, yagera kuri konti y’ikigo, kigahita kibona amakuru.”

Ibyo kandi bishobora gukorerwa ku mu-agent cyangwa hakifashishwa uburyo bwa internet.

Cogebanque iri mu baterankunga b’imena ba Tour du Rwanda 2022. Ni yo ihemba umukinnyi mwiza mu kuzamuka imisozi; mu gihe irushanwa rigana ku musozo, Nsengimana Jean Bosco wa Benediction Ignite ni we wambaye uyu mwambaro nk’umukinnyi uzamuka cyane.

Nsengimana Jean Bosco ukinira Benediction Ignite ari mu bakinnyi bigeze gutwara Tour du Rwanda, yabigezeho mu 2022
Nsengimana Jean Bosco ni we uyoboye abandi bakinnyi bazamuka cyane nyuma y'Agace ka Karindwi ka Tour du Rwanda 2022. Iki gihembo gitangwa na Cogebanque
Abakiri bato na bo bategereje amagare aho yasoreje mu musozi wa Mont Kigali
MC Buryohe ni we waherekeje Cogebanque nk'umushyushyarugamba wayo muri Tour du Rwanda 2022
Antoine Iyamuremye Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Cogebanque n'abakobwa baherekeje iyi banki muri Tour du Rwanda 2022
Antoine Iyamuremye Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Cogebanque yavuze ko muri Tour du Rwanda 2023 bazarushaho kwegera abakiliya no kubafasha kwaguka mu byo bakora, bakiteza imbere
Cogebanque igenda isobanurira abayigana serivisi zabafasha kugera ku nzozi zabo mu by'imari
Uburyo bwa Internet Banking butuma umukiliya ashobora kubona serivisi za Cogebanque mu buryo bworoshye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .