00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwanda Foam yongereye igihe cya poromosiyo yatangiranye na Tour du Rwanda 2022 (Video)

Yanditswe na Muyisenge Jean Felix
Kuya 1 March 2022 saa 03:06
Yasuwe :

Uruganda rukora rukanacuruza matela, Rwanda Foam, rwatangaje ko rwongereye igihe cya Poromosiyo rwari rwageneye abakunzi barwo bagura matela mu bihe bya Tour du Rwanda 2022.

Hagati ya 20-27 Gashyantare 2022, ubwo hakinwaga irushanwa rizenguruka igihugu ku magare, Rwanda Foam yatangije poromosiyo igamije gufasha abaturarwanda kuryama aheza.

Uru ruganda rwashyizeho agashya mu irushanwa ry’uyu mwaka kuko umukiliya waguze matela ifite nibura ubugari bwa santimetero 120 kuzamura, yahabwaga impano y’umusego.

Umuyobozi Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Rwanda Foam, Karekezi Christian, yabwiye IGIHE ko nyuma yo kubona ko ababagana bishimiye Poromosiyo bashyiriweho, bahisemo kongera igihe cyayo.

Yagize ati “Hari nk’umuntu waba yarumvise iyi poromisiyo yifuza ko itamucika ariko akabona nta mafaranga afite. Uwo muntu rero ntabwo wamushyiraho igitutu ngo ashake amafaranga mu cyumweru kimwe. Twahisemo ko yamara ukwezi n’iminsi 10 kugira ngo na wa muntu uyumvise abe yashaka amafaranga ngo agure ya matela, anabone iyo poromosiyo.”

Yavuze ko bitandukanye n’umwaka wabanje, kuri iyi nshuro, babashije kongera guhura n’abakiliya babo barushaho kubasobanurira ibicuruzwa bishya biri ku isoko no kubibegereza.

Ati “Impamba dukuyemo ni uko twongeye guhura n’abakiliya bacu, mu irushanwa ryabanje kuko Coronavirus yari imeze nabi. Ntitwashoboye guhura n’abakiliya ariko uyu mwaka biratandukanye twagiye duhura n’abakunzi b’amagare n’aba Rwanda Foam.’’

Karekezi yasobanuye ko Rwanda Foam nk’umufatanyabikorwa wa Tour du Rwanda yarushijeho kwegereza abaturarwanda ibicuruzwa byayo.

Ati “Poromosiyo yacu yakiriwe neza ndetse ni yo mpamvu twasanze itarangirana na Tour du Rwanda dushyiraho ko izarangirana na tariki ya 30 Werurwe 2022.’’

Impano itangwa ku baguze matela zigenda zitandukana bitewe n’ingano ya matela umuntu yaguze.

Rwanda Foam yatangiye gukorana na Tour du Rwanda mu 2016, izamukana na yo kuva ku rwego rwa 2.2 mu 2018, igera kuri 2.1 mu 2019.

Uru ruganda rumaze imyaka isaga 39 rufasha Abanyarwanda koroherwa no kubona aho kurambika umusaya, rutanga ibicuruzwa birimo matelas n’imisego biramba kandi bihendutse.

Rwanda Foam yafunguriye amarembo ku bashaka kuyihagararira mu bice bitandukanye by’igihugu kuko ubucuruzi bwa matela butanga inyungu. Kuri ubu ikorera mu bice bitandukanye by’igihugu aho ifite abacuruzi 45 bayihagarariye.

Serivisi zayo kandi ziboneka kuri www.rwandafoam.com. Iyo uyiguriye ku rubuga, uyigezwaho iwawe ndetse ugahabwa n’inyongera igenerwa abaguriye ku maduka.

Rwanda Foam imaze kuba ubukombe mu gukora no gucuruza matelas z’umwimerere. Mu ijoro ryo ku wa 27 Gashyantare 2022, yabaye ikigo cya mbere mu bucuruzi bwa matelas “Mattress of the year’’ muri Consumers Choice Awards (CCA) itegurwa n’Ikigo Kalisimbi Events. Ibi bihembo bihabwa ibigo bitanga serivisi nziza mu kwakira ababigana.

Umuyobozi Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Rwanda Foam, Karekezi Christian, ari kumwe na Queen Cha wamamaje ibicuruzwa by'uru ruganda muri Tour du Rwanda 2022
Rwanda Foam yongereye igihe cya poromosiyo yatangiranye na Tour du Rwanda 2022
Queen Cha yajyanye na Rwanda Foam kuri buri gace Tour du Rwanda yanyuzemo
Umuyobozi Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Rwanda Foam, Karekezi Christian, yavuze ko barushijeho kwegerana n'abakiliya babo mu bice bitandukanye by'igihugu
Mugemana Yvonne wamamaye mu muziki nka Queen Cha yaherekeje Rwanda Foam muri Tour du Rwanda 2022
Mugisha Moïse yafashe ifoto y'urwibutso n'abahagarariye Rwanda Foam nyuma ya Tour du Rwanda
Rwanda Foam isanzwe iherekeza irushanwa rya Tour du Rwanda rizenguruka igihugu ka magare
Azeez ufana Kiyovu Sports yaherekeje Rwanda Foam muri Tour du Rwanda 2022
Poromosiyo yongerewe igihe aho uguze matelas ya Rwanda Foam ifite ubugari bwa santimetero 120 azajya ahabwa umusego nk'impano
Uruganda rwa Rwanda Foam rumaze kuba ubukombe mu gukora no gucuruza matelas imbere no hanze y'igihugu
Rwanda Foam yahawe igihembo nk'uruganda rw'umwaka mu gukora no gucuruza matelas z’umwimerere “Mattress of the year’’ muri Consumers Choice Awards (CCA)

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .