00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Restrepo Valencia yakoze amateka mashya muri Tour du Rwanda (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 22 February 2022 saa 04:06
Yasuwe :

Umunya-Colombia Jhonatan Restrepo Valencia ukinira Drone Hopper- Androni Giocattoli yabaye umukinnyi wa mbere wegukanye uduce dutandatu muri Tour du Rwanda, ni nyuma y’uko yatwaye Agace ka Gatatu k’irushanwa ry’uyu mwaka kasorejwe i Rubavu aho yakoresheje amasaha atatu, iminota 54 n’amasegonda 10 ku ntera y’ibilometero 155,9 byatangiriye i Kigali.

Aka gace karekare muri Tour du Rwanda y’uyu mwaka kari kahagurukiye kuri MIC mu Mujyi wa Kigali saa Mbiri za mu gitondo, ariko ibihe bitangira kubarwa bageze ku Gitikinyoni nyuma yo kugenda ibilometero 5,2.

Ubwo abakinnyi bari bakizamuka ku Gitikinyoni, batanu barimo Nsengimana Jean Bosco na Rugamba Janvier ba Bénédiction Ignite, Alba Diego (Drone Hopper), Madrazo Angel Ruiz (Burgos) ndetse na Ewart Jesse (Bike Aid), bahise basohoka mu gikundi baragenda.

Nsengimana Jean Bosco uri gukina Tour du Rwanda ku nshuro ya 12, yagerageje gusiga abandi ariko abarimo Mugisha Moïse (Pro Touch), Alan Jousseaume (TotalEnergies) na Muhoza Eric (Rwanda) bamushyikira mbere y’uko agera i Kanyinya.

Abakinnyi b’Abanyarwanda barimo Mugisha Moïse, Nsengimana Jean Bosco na Manizabayo Eric bagerageje gusatira hakiri kare ariko ntibari mu bayoboye ubwo isiganwa ryari rigeze mu Karere ka Rulindo mu bice byo kuri Nyirangarama.

Isiganwa ryageze i Musanze riyobowe na Axel Laurence wa B&B Hotels yo mu Bufaransa, ariko na we yatakaye bageze muri Nyabihu kuko Umunya-Irlande Jesse Ewart ukinira Bike Aid yahise abasiga.

Bageze mu Bigogwe, Umunya-Eritrea Natnael Tesfazion [wa Drone Hopper] yavuye mu gikundi ashyikira Ewart Jesse wa Bike Aid wari uri imbere, mu gihe inyuma yabo gato hari abakinnyi barindwi.

Ubwo abakinnyi bagendera ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu mu bilometero bya nyuma ni bwo Jhonatan Restrepo yacomotse mu gikundi abasha gutanga abandi ku murongo aho yakoresheje amasaha atatu, iminota 54 n’amasegonda 10, anganya ibihe n’abandi batandatu barimo Tesfazion Natnael watwaye iri rushanwa mu 2019.

Restrepo wahise yambara umwenda w’umuhondo nyuma yo gukoresha amasaha arindwi, iminota 27 n’amasegonda 22, yakoze amateka yo kuba umukinnyi wa mbere wegukanye uduce dutandatu muri Tour du Rwanda ari gukina ku nshuro ya gatatu kuva mu 2019.

Yari asanzwe anganya uduce dutanu n’Umunyarwanda Ndayisenga Valens utagikina ndetse n’Umunya-Erythrèe Eyob Metkel ukinira Bike Aid.

Umukinnyi wa kabiri ku rutonde rusange ni Axel Laurence wa B&b Hotels urushwa amasegonda atatu mu gihe Madrazo Angel Ruiz wa Burgos na Natnael Tesfazion wa Drone Hopper barushwa amasegonda 13.

Umunyarwanda waje hafi mu gace ka Kigali- Rubavu ni Hakizimana Seth wa Team Rwanda, wabaye uwa 23 asizwe umunota umwe n’amasegonda 31.

Ku rutonde rusange, Uhiriwe Byiza Renus ni we Munyarwanda uri hafi kuko ari ku mwanya wa 22 arushwa umunota n’amasegonda 45, ariko na we arusha amasegonda abiri Seth umukurikiye.

Tour du Rwanda 2022 izakomeza ku wa Gatatu, tariki ya 23 Gashyantare 2022, hakinwa Agace ka Kane kazahagurukira i Kigali [Kimironko] kerekeza i Gicumbi ku ntera y’ibilometero 124,3.

Bamwe bahisemo gucumbika akazi kugira ngo badacikwa n'igare
Diege Andre wa Team Coop ubwo isiganwa ryari rigeze i Musanze
Nsengimana Jean Bosco na Manizabayo Eric bageragezaga kugenda imbere
Abafana bari benshi mu Byangabo
Umwe mu bafana yari yazanye icyapa gishimira Manizabayo Eric 'Karadiyo' wa Benection Ignite
Abafana bari babukereye ku muhanda
Abakinnyi benshi ba Benediction Ignite bari bishimiwe i Musanze n'i Nyabihu
Abakinnyi basoje bakinira hafi y'Ikiyaga cya Kivu
Restrepo yakoze amateka yo kwegukana uduce dutandatu muri Tour du Rwanda
Abafana bari babukereye ku muhanda
Alexandre Geniez wari wambaye umwenda w'umuhondo yari mu gikundi
Restrepo Jhonatan yishimira kwegukana agace ka Kigali- Rubavu
Drone Hopper- Androni Giocattoli ni yo kipe yitwaye neza
Laurence Axel wa B&B Hotels ni we mukinnyi muto witwaye neza mu isiganwa, ahembwa na Prime Insurance Ltd
Umunya-Colombia Restrepo Jhonatan ni we wahise yambara umwenda w'umuhondo
Uhiriwe Byiza Renus ni we Munyarwanda ukomeje kwitwara neza mu isiganwa
Restrepo Valencia ashimirwa nyuma yo kwegukana agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2022
Axel Laurence yambaye kandi umwenda w'umukinnyi wahatanye kurusha abandi

Amafoto: Igirubuntu Darcy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .