Aka gace karekare kari muri Tour du Rwanda y’uyu mwaka kari kahagurukiye kuri MIC mu Mujyi wa Kigali.
Abasiganwa bagowe cyane n’imisozi itanu yatangiweho amanota irimo uwa Kanyinya, ku Murenge, Kivuruga, i Musanze no mu Bigogwe.
Mu bilometero bya nyuma ni bwo Jhonatan Restrepo yacomotse mu gikundi abasha gutanga abandi ku murongo aho yakoresheje amasaha atatu, iminota 54 n’amasegonda 10, anganya ibihe n’abandi batandatu barimo Tesfazion Natnael watwaye iri rushanwa mu 2019.
Umunyarwanda waje hafi ni Hakizimana Seth wa Team Rwanda, wabaye uwa 23 asizwe umunota umwe n’amasegonda 31.
Tour du Rwanda 2022 izakomeza ku wa Gatatu, tariki ya 23 Gashyantare 2022, hakinwa Agace ka Kane kazahagurukira i Kigali [Kimironko] kerekeza i Gicumbi ku ntera y’ibilometero 124,3.
UKO ISIGANWA RYAGENZE:
– Restrepo w’imyaka 27 ukomoka muri Colombia ni we uhise yambara umwenda w’umuhondo nyuma yo gutsindira muri sprint akoresheje amasaha atatu, iminota 54 n’amasegonda 10.
Uyu mukinnyi akoze kandi amateka yo kuba uwa mbere utwaye uduce dutandatu muri Tour du Rwanda. Ari kuyikina ku nshuro ya gatatu.
– 12:06 Intsinzi ya Johnatan Restrepo i Rubavu
Restrepo Valencia ukinira Drone Hopper Androni Gio ni we wegukanye Agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2022 gasorejwe i Rubavu ku ntera y’ibilometero 155,9 nyuuma yo guhagurukira i Kigali.
12:04 Isiganwa rigeze mu kilometero cya nyuma.
12:02 Abakinnyi ba mbere bari mu bilometero bitatu bya nyuma. Ewart yari ashatse kugenda ariko bahise bamugarura.
– 11:59 Isiganwa ryinjiye mu bilometero bitanu bya nyuma. Abakinnyi batangiye gutambika ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu bagana aho basoreza kuri Bresseries.
– 11:54 Abakinnyi bari imbere bageze mu bilometero icyenda bya nyuma.
11:53 Mu gihe hasigaye ibilometero 12 gusa, igikundi cyasizwe iminota ibiri n’amasegonda 25.
11:42 Hasigaye ibilometero 20 gusa.
11:33 Hasigaye ibilometero 30 ngo aba mbere basoze. Igikundi cyasizwe iminota itatu n’amasegonda umunani.
11:33 Isiganwa rigeze ku kilometero cya 124. Igikundi kirimo Alexandre Geniez wambaye umwenda w’umuhondo cyasizwe iminota itatu n’amasegonda 30.
– AMANOTA Y’UMUSOZI WA GATANU
11:28 Amanota y’umusozi wa gatanu ari na wo wa nyuma atangiwe mu Bigogwe ku kilometero cya 118 yegukanywe na Tesfazion, akurikiwe n’abarimo Mulueberhane, Laurence na Madrazo.
Igikundi cyasizwe iminota ibiri n’amasegonda 25.
11:26 Tesfazion afashe Ewart wari uyoboye. Kuri ubu abakinnyi barindwi bayoboye isiganwa ni Natnael Tesfazion, Laurence, Ewart, Restrepo, Madrazo, Budiak na Mulueberhane.
11:16 Abasiganwa bageze Cyamabuye urenze ku Mukamira. Ewart yasize igikundi umunota n’amasegonda 25.
11:10 Ewart ari kugenda wenyine imbere ku kilometero 108. Abakinnyi umunani bamukurikiye yabasize amasegonda 15.
– Cogebanque yakomeje kwegera Abanyarwanda no kubafasha kugera ku nzozi zabo mu by’imari
Banki Nyarwanda y’Ubucuruzi, Cogebanque imaze kuba ubukombe muri serivisi z’imari. Ifite n’umwihariko mu gushyigikira no guteza imbere umukino w’amagare.
Muri uyu mwaka Cogebanque nk’umuterankunga w’Imena wa Tour du Rwanda yaserutse yiteguye kugeza abaturarwanda ku nzozi zabo mu by’imari binyuze muri serivisi nziza.
Aho amagare anyura hose, abaturage bafashwa gufunguza konti, gusobanurirwa uko bakoresha ikoranabuhanga mu kuyigeraho, gukorana n’aba-agents ndetse n’izindi serivisi zabafasha.
Umuyobozi ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Cogebanque, Iyamuremye Antoine, yagize ati “Cogebanque yakwegereye binyuze mu ba-agents bayo. Bashobora kugufasha gufunguza konti ITEZIMBERE idakatwa ku kwezi, wabitsa, wabikuza, wakohereza ukanakira amafaranga ku bakiliya cyangwa abatari abakiliya ba Cogebanque. Wakwishyura ifatabuguzi rya televiziyo, umuriro, ama-unites n’ibindi byinshi.”
11:05 Main Kent, Holler na Manizabayo Eric Karadiyo bavuye mu bakinnyi bayoboye isiganwa. Abayoboye basigaye ari icyenda. Igikundi cyasizwe amasegonda 51.
10:59 Abakinnyi bari imbere bari kugendera hamwe uko ari 12. Ubu bamaze gukora ibilometero 101. Igikundi cyasizwe umunota n’amasegonda 24.
– 10:55 Isiganwa rigeze ku kilometero cya 98 i Busogo. Abakinnyi icyenda bafashe batatu bari imbere. Holler aracyari imbere yabasize metero 200. Igikundi cyasizwe umunota n’amasegonda 45.
10:50 Ikinyuranyo hagati y’abakinnyi batatu bayoboye n’abandi 10 babakurikiye kimaze kuba amasegonda 45. Bendixen ntakiri kumwe n’abandi kuko yasigaye.
Igikundi cyasizwe iminota ibiri n’amasegonda 10.
10:42 Itsinda rya ba bandi 10 ryasizwe umunota n’amasegonda 25 n’abakinnyi batatu bari imbere.
10:39 Isiganwa rigeze ku kilometero cya 91. Hari abakinnyi basohotse mu gikundi basanga Bendixen na Ewart, Ormiston, Tesfazion, Manizabayo, Madrazo, Nsengimana, Mulueberhane, Budiak na Restrepo. Uko bose ari 10 basizwe umunota n’amasegonda 40 n’abakinnyi batatu bari imbere.
Igikundi cyasizwe iminota ibiri n’amasegonda 42.
– Amafoto y’abasiganwa bari hafi kwinjira mu Mujyi wa Musanze
– Mugisha Moïse yahaye intashyo Abanyarwanda bakunda umukino w’amagare
Mugisha Moïse na Mugisha Samuel bakinira ProTouch yo muri Afurika bari mu Banyarwanda bakinnye Tour du Rwanda. Iri kuba ku nshuro ya 14 kuva ibaye mpuzamahanga mu 2009.
Mugisha Moïse abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, mbere yo guhaguruka uyu munsi yasuhuje Abanyarwanda batuye mu ntara abakinnyi bari bunyuremo.
Yagize ati “Aba ni bande yemwe! Abo mu Majyaruguru n’Uburengerazuba turi kumwe n’Abanyarwanda bose muri rusange bakunda umukino w’amagare.’’
🤗🤗ABA ninande yemweee abo mumanjyaruguru nuburengerazuba turi kumwe n, abanyarwanda Bose muri rusange bakunda umukino w,amagare@@tour_du_Rwanda @kuranga @ProtouchAfrica @Protouch_Team @IsraelPremTech pic.twitter.com/4BQKeEZ8bM
— Mugisha Moise 🇷🇼🇷🇼 (@MugishaMoise4) February 22, 2022
– AMANOTA Y’UMUSOZI WA KANE
10:31 Amanota y’umusozi wa kane atangiwe ahinjira neza mu Mujyi wa Musanze ku kilometero cya 87. Yegukanywe na Laurence akurikiwe na Stockman, Holler na Madrazo.
– 10:28 Abasiganwa bagiye kwinjira mu Mujyi wa Musanze. Bageze ku kilometero cya 86. Igikundi cyasizwe iminota ibiri n’amasegonda 55. Umukinnyi uri hagati yasizwe iminota ibiri n’amasegonda 25.
10:22 Bendixen asohotse mu gikundi ku kilometero cya 80. Yasizwe iminota ibiri n’amasegonda 10 n’abakinnyi batatu bayoboye. Igikundi cyasizwe iminota itatu n’amasegonda 30.
10:09 Isiganwa rigeze ku kilometero cya 73 muri Mukinga. Itsinda riyoboye ryasize igikundi umunota n’amasegonda 50.
– AMANOTA Y’UMUSOZI WA GATATU
10:03 Amanota y’umusozi wa gatatu yatangiwe mu Kivuruga ku kilometero cya 64,1 yegukanywe na Laurence akurikiwe na Stockman, Holler na Madrazo.
– Amafoto y’abakinnyi bageze i Rulindo hafi yo kwa Nyirangarama
09:58 Isiganwa rigeze ku kilometero cya 68. Ikinyuranyo hagati y’abakinnyi batatu bayoboye n’igikundi kigeze ku munota.
– 09:50 Kugeza ubu isiganwa riyobowe n’abakinnyi batatu ari bo Laurence Axel wa B&B Hotels, Holler na M. Stockman.
09:48 Goldstein yamaze kuva mu bakinnyi bayoboye isiganwa. Ubu hamaze gukorwa ibilometero 60.
09:39 Ikinyuranyo cy’ibihe kigeze ku masegonda 38.
09:36 Abakinnyi bane barimo O. Goldstein wa Israel Premier Tech, Laurence Axel wa B&B Hotels, M Stockman wa Sairs Rouvy na Holler wa Bike Aid basohotse mu gikundi. Abari imbere basize igikundi amasegonda 27.
09:33 Hari abakinnyi benshi bari gushaka gutoroka mu gikundi.
09:30 Mu gihe hamaze gukorwa ibilometero 50, abakinnyi bose bongeye kwegerana mu gikundi kiyobowe na Israel Premier Tech na Tarteletto yo mu Bubiligi.
09:27 Isiganwa rigeze ku kilometero cya 48. Igikundi cyasizwe amasegonda 21 gusa.
– AMANOTA YA MBERE YA SPRINT
09:22 Amanota ya mbere ya sprint [kubaduka] yatangiwe kuri Sitasiyo SP kuri Nyirangarama [ku kilometero cya 42,7] yegukanywe na Mugisha Moise [ProTouch] akurikiwe na Pierre Rolland [ B&B Hotels] na Madrazo Angel Ruiz [Burgos].
09:17 Ikipe ya Israel Premier Tech ni yo iyoboye itsinda ry’abakinnyi bari mu gikundi.
– 09:12 Isaha ya mbere y’isiganwa yaranzwe n’umuvuduko wa 35,5 km/h.
09:11 Igikundi cyagabanyije ibihe kirushwa n’abakinnyi barindwi bayoboye isiganwa. Ubu harimo amasegonda 48.
– AMANOTA Y’UMUSOZI WA KABIRI
09:00 Amanota y’umusozi wa kabiri atangiwe ku Murenge ku kilometero cya 22,2 yegukanywe na Mulueberhane akurikiwe na Madrazo na Ewart.
Kugeza ubu igikundi cyasizwe umunota n’amasegonda icyenda.
– 08:53 Mugisha Moise afashe abari imbere bari bamusize. Ubu ni abakinnyi barindwi bayoboye isiganwa nyuma y’ibilometero 20 bimaze gukorwa. Igikundi cyasizwe amasegonda 55.
08:51 Nyuma y’ibilometero 19 bimaze gukorwa, igikundi cyasizwe amasegonda 49 n’abakinnyi batandatu bayoboye isiganwa. Mugisha Moise ari inyuma gato y’aba batandatu bari mbere.
08:45 Hamaze gukorwa ibilometero 15. Abakinnyi batandatu bayoboye isiganwa barimo Merchan, Ewart, Mulueberhane, Rolland Pierre, Jousseaume na Madrazo.
Mugisha Moise yasizwe amasegonda 13. Igikundi cya mbere cyasizwe amasegonda 30 mu gihe igikundi kirimo Alexandre Geniez wambaye umwenda w’umuhondo cyasizwe umunota.
08:35 Igikundi kiracyarimo abakinnyi benshi ariko harimo itsinda riri gusatira abari imbere. Ubu ni ibilometero 12 bimaze gukorwa.
08:33 Nsengimana Jean Bosco afashwe n’abandi bakinnyi barindwi bari bamukurikiye. Ubu hamaze gukorwa ibilometero 10.
– AMANOTA Y’UMUSOZI WA MBERE
08:31 Amanota y’umusozi wa mbere yatangiwe i Kanyinya ku kilometero cya 5,7. Yegukanywe na Nsengimana akurikiwe na Madrazo, Mugisha Moise na Manizabayo Eric.
08:28 Nsengimana akomeje kuyobora. Abandi bakinnyi batatu barimo Mugisha Moise (ProTouch), Jousseaume (TotalEnergies) na Muhoza Eric wa Team Rwanda na bo batangiye gukurikira.
08:24 Nsengimana Jean Bosco arabacitse agenda wenyine mu gihe hamaze gukorwa ibilometero bitanu. Akuriwe na ba bandi bane. Igikundi cyasigaye amasegonda 30.
08:23 Abakinnyi batanu bacomotse mu gikundi ku kilometero cya kabiri. Abo barimo Nsengimana Jean Bosco na Rugamba (Benediction), Madrazo (Burgos), Alba (Drone Hopper) na Ewart (Bike Aid).
– Nyabugogo abantu ni benshi cyane
08:15 Abasiganwa bari hamwe mu gikundi aho bari kuzamuka ku Gitikinyoni. Uyu musozi wa mbere uraza gutangirwaho amanota nibagera i Kanyinya.
– 08:11 Isiganwa nyakuri riratangiye
Abakinnyi bageze ku Gitikinyoni ahatangiye kubarirwa ibihe. Ubu bagiye gukora ibilometero 155,9 by’isiganwa bisorezwa i Rubavu kuri Bralirwa.
– Alexandre Geniez mu mwambaro w’umuhondo
– 08:00 Isiganwa riratangiye
Hatangijwe agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2022 gahagurukiye kuri MIC mu Mujyi wa Kigali.
Abakinnyi bagiye gukora intera y’ibilometero 5,2 mbere y’uko hatangira kubarwa ibihe bageze ku Gitikinyoni mbere yo kuzamuka bagana i Shyorongi.
– 07:35 Abakinnyi bamaze kugera kuri MIC
Abakinnyi b’amakipe atandukanye bose bamaze kugera kuri MIC aho isiganwa riza guhagurukira mu minota 30 iri imbere. Gusa n’ubundi baba bahageze kare kuko batangiye gusinya guhera saa 06:50.
– Alexandre Geniz yerekeje i Rubavu acyambaye umwenda w’umuhondo
Umufaransa Alexandre Geniez ukinira TotalEnergies ni we ukomeje kwambara umwenda w’umuhondo nyuma yo kuba uwa mbere muri prologue y’ibilometero 4,0 yakinwe ku Cyumweru mu gihe kandi yanganyije ibihe n’abarimo mugenzi we Sandy Dujardin watwaye etape ya Kigali- Rwamagana ku wa Mbere.
Umunyarwanda uri hafi ku rutonde rusange ni Uhiriwe Byiza Renus wa 22 arushwa amasezegonda 20. Ku wa Mbere, yari yabaye uwa gatanu i Rwamagana.
– Umujyi wa Kigali n’uwa Rubavu muri Tour du Rwanda
Ni ku nshuro ya 50 Umujyi wa Kigali uhagurukiyemo agace ka Tour du Rwanda kuva mu Ugushyingo 2009.
Ni ku nshuro ya munani Umujyi wa Rubavu ugiye gusorezwamo agace ka Tour du Rwanda kuva mu 2012.
Ni ubwa mbere hakinwe agace kahagurukiye i Kigali kagasorezwa i Rubavu muri Tour du Rwanda..
Nta Munyarwanda uregukana isiganwa ryasorejwe i Rubavu muri Tour du Rwanda, ahubwo mu nshuro umunani rimaze gukinwa, harimo enye zatsinzwe n’Abanya-Eritrea.
– Imiterere y’Agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2022
Abasiganwa barakora intera y’ibilometero 155,9 bahagurukiye i Kigali kuri MIC berekeza i Rubavu kuri Bralirwa.
Barabanza gukora intera y’ibilometero 5,2 bitabarwa kugeza bageze ku Gitikinyoni aho batangira kubarirwa ibihe bazamuka bagana i Shyorongi.
Muri uyu muhanda wose, amanota yo kuzamuka aratangwa inshuro eshanu zirimo i Kanyinya, ku Murenge, Kivuruga, i Musanze no mu Bigogwe.
Amanota ya sprint aratangwa inshuro ebyiri zirimo kuri Sitasiyo SP yo kuri Nyirangarama n’i Nyamyumba.
– Inzira z’agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2022
MIC – College APACOPE - Yamaha Junction - Traffic Police QH – Nyabugogo- Gitikinyoni - Direction Shyorongi - Shyorongi – Kukirenge- Rulindo – Nyirangarama- Gakenke – Buranga - Musanze – Bigogwe – Mukamira – Rubavu -Direction Bralirwa - Brasseries Gisenyi.
– Agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda kahagurukiye kuri Prime Insurance
Uyu ni umwaka wa gatanu kuva Prime Insurance Ltd yinjiye muri Tour du Rwanda, irushanwa rizenguruka igihugu ku magare.
Iyi sosiyete yahisemo gushyikira irushanwa rya TDR, mu kurushaho kwegereza Abaturarwanda serivisi zibafasha kwishinganisha.
Prime Insurance Ltd yatangiye gukorana na Tour du Rwanda mu 2017. Ni yo ihemba umukinnyi muto witwaye neza muri buri gace k’irushanwa mu kwerekana ko abato bafite mu biganza ahazaza h’ubuzima bwabo.
Muri uyu mwaka yaserukanye umwihariko kuko yegereje abaturarwanda ubwishingizi bushya bwo kwivuza.
Ubu bwishingizi bureba abantu bose nta guheza. Buri mu byiciro bibiri by’ingenzi ari byo IMENA MEDICAL Insurance na ISONGA MEDICAL Insurance.
Abantu ku giti cyabo, imiryango ndetse n’amakoperative biri mu yitwa ISONGA kuko dushaka kwibutsa abantu ko ubuzima bwabo n’ubw’imiryango yabo ari ubwa mbere bityo bakaba bakwiye kubushinganisha.
Ibigo binini birimo ibya leta n’ iby’abikorera ubishishikariza gufata ubwishingizi bw’abakozi kuko umukozi ufite ubuzima bwiza atanga umusaruro mu kazi ke, Prime yabageneye uburyo bubabereye mu kwivuza bukubiye mu bwishingizi bw’IMENA MEDICAL INSURANCE.
Prime Insurance Ltd yasobanukiwe ko ari ingenzi kandi kwimakaza ikoranabuhanga rinoza imikorere kandi rikaba ryizewe ku bashaka serivisi zitandukanye kandi zihuse.
Abashaka serivisi za Prime Insurance Ltd bashobora kwifashisha ikoranabuhanga mu kumenyekanisha impanuka banyuze kuri website www.prime.rw https://loan.prime.rw/primeonlineservices, bashobora kugura no kumenya amakuru y’ubwishingizi bahamagaye *177# hagakurikizwa amabwiriza.
– Ikaze mu Gace ka Gatatu ka Tour du Rwanda
Tubahaye ikaze na none mu isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda mu mukino wo gusiganwa ku magare, ryakomeje kuri uyu wa Mbere hakinwa umunsi waryo wa gatatu, mu gace karekare gahagurukira i Kigali kuri MIC kerekeza mu Karere ka Rubavu, ku ntera y’ibilometero 155,9.
- Etape 3: Kigali (MIC) – Rubavu (kuri Bralirwa)
- Intera: Ibilometero 155,9.
- Isaha yo guhaguruka: 08:00
- Isaha yo gusoza: Hagati ya saa 12:10 na 12:23.
Dukomeje Icyumweru cy’ibirori by’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda kandi twongeye kubifuriza kuryoherwa n’iyi minsi umunani y’isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda ‘Tour du Rwanda’ riri gukinwa ku nshuro ya 14.
Tour du Rwanda ni cyo gikorwa cy’imikino cyonyine kigera mu Ntara zose z’u Rwanda kandi gikurikiranwa n’Abanyarwanda benshi badasabwe ikiguzi na gito, muri make ni ku buntu.
Amafoto: Igirubuntu Darcy, Nezerwa Salomon & Yuhi Augustin
Video: Amahoro Pacifique




















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!