Iri siganwa ngarukamwaka rigiye kuba ku nshuro ya 18, ryitabirwa n’abakinnyi batandukanye bavuye ku Isi yose haba mu bagabo n’abagore, aho rikinwa mu byiciro bitatu birimo Full Marathon y’ibilometero 42,1; Half Marathon y’ibilometero 21,09 ndetse n’isiganwa ryo kwishimisha [Run for fun] riba rigizwe n’ibilometero 10.
Uyu mwaka, Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda [RAF] ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, ryazamuye ibihembo byatangwaga muri Full Marathon, ribikuba inshuro eshanu kugira ngo rirusheho kwitabirwa n’abakinnyi bakomeye.
Kuri iyi nshuro, umukinnyi uzegukana marathon mu bagabo n’abagore azahabwa ibihumbi 20$ [asaga miliyoni 22 Frw] mu gihe mu 2022, abayegukanye bahawe ibihumbi 4$.
Uwa kabiri azahabwa ibihumbi 15$ naho uwa gatatu atware 7500$. Ni mu gihe mu mwaka ushize yari 2500$ na 2000$ kuri iyo myanya yombi.
Ibihembo ku mukinnyi wa kane byageze ku 5000$ bivuye ku 1500$ naho ku wa gatanu biba 3000$ bivuye ku 1000$.
Hongerewe kandi amafaranga azahembwa abakinnyi baje mu myanya umunani ya mbere aho uwa gatandatu azahabwa 2000$, uwa karindwi ahabwe 1500$ naho uwa munani abone 1000$.
Ibihembo bya Half-Marathon byakubwe kabiri
Mu basiganwa Igice cya Marathon [ibilometero 21,098], uwa mbere mu bagabo no mu bagore azahabwa 5000$ [asaga miliyoni 5,5 Frw] mu gihe mu mwaka ushize yari 2500$.
Uwa kabiri azabona 4000$, uwa gatatu ahabwe 3000$. Mu mwaka ushize yari 2000$ ku wa kabiri ndetse na 1500$ ku mukinnyi wabaye uwa gatatu.
Kuva ku mwanya wa kane kugeza ku wa munani bazabona 2000$, 1000$, 800$, 500$ na 400$.
Kwiyandikisha ku bashaka kwitabira Kigali International Peace Marathon ya 2023, bikorerwa kuri ‘internet’ unyuze ku rubuga rw’iri siganwa..
Abanyamahanga bishyura 30$ yo kwiyandikisha, ababa mu Rwanda bakishyura 5000 Frw. Abatuye mu bihugu byo mu Karere birimo Uganda, Tanzania, u Burundi, Kenya, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Sudani y’Epfo bishyura 10$.
Abanyarwanda bashaka gukina Full Marathon na Half-Marathon bishyura 5000 Frw naho abashaka gusiganwa bisanzwe [Run for Fun] biyandikisha ku buntu.
Mu 2022, Kigali International Peace Marathon yegukanywe n’Abanya-Kenya Wilfred Kigan na Margaret Agai mu bagabo n’abagore.
Muri Half-Marathon hatsinze Umunya-Kenya, Shadrack Kimining Korir n’Umunyarwandakazi Musabyeyezu Adeline.
Iri rushanwa ryari ryitabiriwe n’abarenga 3000 baturutse mu bihugu bitandukanye byiganjemo ibyo mu Karere.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!