Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 13 Ukuboza 2023, ni bwo Mukabalisa yarushanyijwe na bagenzi be bagize Inteko mu Karere, mu mikino ikomeje kubera i Mombasa muri Kenya.
Depite Mukabalisa Germaine amaze kwandika izina muri iyi mikino kuko mu mwaka ushize ubwo yaberaga i Kigali, yegukanye umudali wa zahabu mu gusiganwa metelo 400.
Mu 2022, yari yegukanye umudali w’umuringa mu mikino yabereye i Juba muri Sudani y’Epfo.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yashimiye Mukabalisa ibinyujije ku rukuta rwa X, igira iti “Umudali w’umuringa mu gikapu. Hon. Mukabalisa Germaine yegukanye umudali w’umuringa mu gusiganwa metelo 800.”
Mukabalisa yahise asubiza kuri ubu butumwa agira ati “Nzanye umudali w’umuringa mu rugo. Mwarakoze kunshyigikira, Team Rwanda oyeeee.”
Uretse mu gusiganwa ku maguru, u Rwanda rukomeje no kwitwara neza muri Volleyball y’abagabo, aho rumaze gutsinda imikino ine yose rwakinnye.
Imikino mpuzamahanga ihuza Inteko Zishinga Amategeko z’ibihugu byo muri EAC iri gukinwa ku nshuro ya 14, abayitabiriye ni abo mu bihugu bigize EAC birimo Uganda, Kenya, Tanzania, u Rwanda, u Burundi na Sudani y’Epfo. Bahatanye mu mikino irimo Ruhago, Netball, gusiganwa ku maguru, gukurura umugozi [Tug-of-war], Volleyball, Golf na Basketball.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!