00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwa mbere mu mateka ’Kigali International Peace Marathon 2026’ izaba iminsi ibiri

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 15 May 2026 saa 12:27
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda (RAF) ryatangaje ko Marathon Mpuzamahanga ya Kigali y’uyu mwaka izaba yihariye, aho izaba iminsi ibiri, tariki ya 13 n’iya 14 Kamena 2026.

Marathon Mpuzamahanga ya Kigali yatangiye kuba mu 2005 ishyigikiwe na Perezida Paul Kagame, igamije kwimakaza amahoro binyuze mu mikino.

Iri rushanwa ryo gusiganwa ku maguru ritegurwa na RAF ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, rigiye kuba ku nshuro yaryo ya 21.

Kigali International Peace Marathon ikinwa mu byiciro bitatu ari byo ‘Full Marathon’ y’ibilometero 42,195, Half Marathon y’ibilometero 21,097 na Run for Peace [ku batarushanwa] y’ibilometero 10.

Kuri iyi nshuro, abategura iri rushanwa batangaje ko rizaba iminsi ibiri aho kuba umunsi umwe nk’uko byagenze mu myaka 20 yabanje. Ku wa Gatandatu, tariki 13 Kamena, hazaba Run for Peace naho ku Cyumweru tariki ya 14 Kamena habe Half Marathon na Full Marathon ku bagabo n’abagore.

Ibyiciro byose bizahagurukira kandi bisoreze kuri Stade Amahoro. Kwiyandikisha ku bazitabira iri rushanwa byamaze gutangira aho bikorerwa ku rubuga rwaryo.

Mu 2025, Kigali International Peace Marathon yabaye ku nshuro ya kabiri iri ku rwego rwa gatatu rw’amarushanwa akomeye ku Isi ’Global Elite Label Status’. Ibi byatumye yitabirwa n’abantu benshi basaga ibihumbi 13, mu gihe abiyandikishije bari 14.480.

Icyo gihe Umunya-Kenya Laban Kipngetich Korir yegukanye umwanya wa mbere muri Full-Marathon y’Abagabo naho mu bagore hatsinda Teresiah Omosa na we wo muri Kenya.

Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence yegukanye umudali wa Zahabu muri Half Marathon y’Abagore, akurikirwa na Musabyeyezu Adeline wari we Munyarwanda uheruka kwegukana uyu mudali mu 2022.

Ni mu gihe Umunyarwanda Bigirimana Théophile yabaye uwa gatatu muri Half Marathon y’Abagabo.

Bwa mbere mu mateka ’Kigali International Peace Marathon 2026’ izaba iminsi ibiri, tariki ya 13 n'iya 14 Kamena
Mu 2025, Niyonkuru Florence yegukanye Half Marathon, aba Umunyarwanda wa mbere ubikoze kuva mu 2022 bigezweho na Musabyeyezu Adeline

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages