00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Athlétisme: Abakinnyi 650 bitezwe muri Shampiyona y’Igihugu izaba ku nshuro ya kabiri

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 February 2025 saa 02:33
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda (RAF) ryateguye Shampiyona y’Igihugu “Rwanda National Track & Field Competitions” izabera muri Stade Amahoro ku nshuro ya kabiri, ku wa Gatandatu tariki ya 15 Gashyantare 2025.

Iri rushanwa rizitabirwa n’abakinnyi 650 mu gihe abatoza n’abandi bazarigiramo uruhare bagera kuri 65.

Mu byiciro bizarikina mu bagabo n’abagore, harimo abakuru barengeje imyaka 20, abari hagati y’imyaka 17 na 20, abari hagati y’imyaka 15 na 17 n’abafite hagati y’imyaka 11 na 13.

Abakinnyi bazarushanwa muri siporo 54 zitandukanye zirimo izo gusiganwa ku maguru n’izibera mu kibuga. Buri wese azarushanwa mu cyiciro cye uretse ku bari hagati y’imyaka 17 na 20 bashobora gukina mu bakuru.

Amakipe yiyandikishije ngo azitabire iri rushanwa ni APR AC, Police AC, UR-Huye Campus AC, Sina Gérard AC, Nyamasheke AC, Rutsiro AC, Nyaruguru AC, Kamonyi AC, G.S St. Aloys-Rwamagana, Vision Jeunesse Nouvelle AC, EP Kinyinya AC (Gasabo), Kavumu AC, Ngororero AC, Huye AC n’abandi bazasiganwa ku giti cyabo.

Iri rushanwa rizareberwamo urwego rw’abakinnyi bazahagararira u Rwanda ku rwego mpuzmahanga mu gihe hitegurwa amarushanwa atandukanye.

Muri ayo harimo Shampiyona Nyafurika y’Abatarengeje imyaka 18 na 20 izabera muri Nigeria, Shampiyona yo ku rwego rw’Akarere izabera i Dar es Salaam muri Tanzania na Shampiyona y’Isi izabera i Tokyo mu Buyapani muri Nzeri.

Hari kandi Shampiyona y’Isi yo gusiganwa mu muhanda izaba ku nshuro ya 26 i San Diego muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Shampiyona y’Isi ibera mu nzu izakinirwa i Nanjing mu Bushinwa.

Inkuru bifitanye isano: Police AC n’Ikipe ya Sina zahize izindi muri Shampiyona y’Igihugu ya Athlétisme (Amafoto)

Shampiyona y'Igihugu ya Athlétisme izabera muri Stade Amahoro ku wa Gatandatu, guhera saa Moya za mu gitondo
Abakinnyi bagera kuri 650 ni bo bitezwe muri iri rushanwa
Abakinnyi bazahatana mu byiciro bine bitandukanye hakurikijwe imyaka yabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages