00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyihariye ku irushanwa ry’uyu mwaka rya ‘20Km de Bugesera’

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 May 2025 saa 07:11
Yasuwe :

Irushanwa rya “20KM de Bugesera” rigiye kuba ku nshuro ya karindwi, aho uyu mwaka rizaba tariki ya 29 Kamena 2025, rigatangirira ndetse rikanasorezwa muri Stade y’Akarere ka Bugesera.

“20Km de Bugesera” ni irushanwa riba rigizwe no gusiganwa ibilometero 20 ku maguru ku bakuru bafite hejuru y’imyaka 20, hakabamo n’ibindi byiciro birimo gusiganwa ku magare ya matabaro ibilometero 40, n’abafite ubumuga bakora ibilometero bine, iry’abakiri bato basiganwa ibilometero umunani n’iry’abishimisha rikorwa ku ntera y’ibilometero bitanu.

Meya w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yavuze ko iri rushanwa ari kimwe mu bikorwa bikomeye bibera muri aka Karere buri mwaka.

Ati “Ni isiganwa ritangirwamo ubutumwa ariko ku bufatanye n’abafatanyabikorwa hagatangirwamo ibihembo, rikagaragaza kandi impano. Ni isiganwa abantu benshi bamaze kumenyera kuko rimaze kuba inshuro esheshatu.”

Yongeye ko iri rushanwa rikomeje kuzamura urwego mu byiciro bitandukanye birimo uko ritegurwa, abaryitabira, abarireba n’ibihembo bitangwa.

Ati “Irushanwa rirakura kandi turifuza ko rikomeza gukura kurushaho. Inzira tugenda tuzinoza, imihanda tutakoreshaga ubu turazikoresha kuko hafi ya yose yo muri Nyamata irimo kaburimbo.”

Rwabuhihi Innocent ushinzwe ibijyanye na tekinike mu irushanwa ry’uyu mwaka, yavuze ko bitandukanye no mu yindi myaka, kuri iyi nshuro amasiganwa yo ku maguru azatangirira ndetse agasorezwa muri Stade y’Akarere ka Bugesera. Ni ko bizagenda kandi ku cyiciro cy’amagare.

Rwabuhihi yongeyeho ko irushanwa rifunguye no ku banyamahanga, ntawe uhejwe mu kwitabira.

Ubwo iri rushanwa ryaherukaga kuba mu 2023, ryari ryitabiriwe n’abasaga 1500 mu byiciro bitandukanye.

Biteganyijwe ko uyu mwaka rizitabirwa n’abakinnyi barimo abasanzwe mu makipe y’imikino ngororamubiri mu Rwanda, mu cyiciro cyo gusiganwa ibilometero 20 ku maguru.

Meya w'Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yavuze ko iri rushanwa rikomeza gukura, by'umwihariko uyu mwaka rikazabera mu Mujyi wa Nyamata kubera imihanda yaho yose yamaze gushyirwamo kaburimbo
Rwabuhihi Innocent ushinzwe ibijyanye na tekinike mu irushanwa, yavuze ko umwe mu mwihariko w'uyu mwaka ari uko irushanwa rizatangirira ndetse rikanasorezwa muri Stade ya Bugesera
Abafatanyabikorwa n'abategura "20Km de Bugesera" bafata ifoto nyuma y'ikiganiro n'abanyamakuru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .