Aya mahugurwa yiswe “International Gasshuku ISKF Rwanda – 2nd Edition", azabera muri Gymnase ya NPC Rwanda i Remera, yateguwe na ISKF Rwanda nyuma yo kubona umusaruro ukomeye waturutse ku yabaye mu 2023.
Kuri iyi nshuro, aya mahugurwa azayoborwa na Shihan San Pillay, ufite Dan ya 8, akaba umwe mu bagize Komite Tekinike Mpuzamahanga ya ISKF, ndetse azaba ari ubwa mbere ageze mu Rwanda mu rwego rw’imyitozo mpuzamahanga.
ISKF Rwanda yagize iti “Shihan San Pillay azasangiza abazitabira ubumenyi bukomeye muri Karate Shotokan, cyane cyane mu byiciro bya Kihon, Kata na Kumite ndetse n’ubumenyi mu gusifura amarushanwa ya Karate.”
Yakomeje ivuga ko mu “byitezwe kuri aya mahugurwa agiye kuba ku nshuro kabiri harimo gushimangira no kunoza tekinike za Karate Shotokan, gutanga amahugurwa ku batoza no gukomeza kubaka ubushobozi bw’abayobozi b’amakipe, gusuzuma no gukosora amakosa akunda kugaragara mu mikorere ya buri munsi.
Hari kandi kwagura amahirwe y’u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga binyuze mu kubaka urwego rukomeye rw’abakinnyi no gusiga hagiyeho urwego rw’abasifuzi bafite ubunararibonye muri Karate Shotokan.
ISKF Rwanda yahamagariye abakina Karate bose kuzitabira aya mahugurwa kugira ngo babashe guhugurwa no kwakira ubunararibonye buzatangwa n’umwarimu ukomeye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!