00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karate: Abana 71 bo muri Petit Samurai batsindiye imikandara mishya (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 13 Ukuboza 2021 saa 07:33
Yasuwe :

Abana 71 bigira, bakanakinira mu ikipe ya Karate izwi ku izina rya Petit Samurai Karate do club, ni bo bahawe imikandara mishya nyuma yo gutsinda ibizamini bigamije kubazamura mu ntera.

Aya marushanwa y’ibizamini yabaye iminsi ibiri mu Kigo cy’imikino cya Cercle Sportifs de Kigali mu Rugunga, yasojwe ku Cyumweru, tariki ya 12 Ukuboza 2021.

Iki gikorwa kiba buri mwaka mu rwego rwo kuzamura mu ntera abana baba bamaze umwaka bigishwa umukino wa Karate.

Kuri iyi nshuro, abahawe imikandara mishya ni 71 barimo 36 b’imikandara y’umweru, 11 b’imikandara y’umuhondo, 13 bahawe imikandara ya Orange, bane babonye iy’icyatsi n’abandi bane babonye iy’ubururu mu gihe ababonye umukandara wa ‘marron’ bitegura kubona umukandara w’umukara ari batatu.

Rurangayire Guy utoza aba bana, yavuze ko bishimiye urwego basanzeho abatsindiye kuzamurwa mu ntera, cyane abafite imikaranda y’ubururu n’iy’icyatsi.

Ati “Dukoresha ibizamini twahereye ku bafite imikandara y’umweru, ariko abo twasorejeho barimo abafite imikandara y’ubururu n’iy’icyatsi ni abana bafite imbaraga, bamaze imyaka ibiri cyangwa itatu bakina, urabona ko ari abakinnyi ba Karate bafite imbaraga na tekinike.”

Ati “Intego dufite umwaka utaha iki cyorezo nikiramuka kiduhoye, tuzatangira kubatoza noneho ibyo kurushanwa, haba muri Kumite na Kata. Mwabonye ko hari abana bazikora neza, ubu turashaka kubigisha gutangira kubishyira mu bikorwa. Hari ibikoresho turi gushaka ku buryo amarushanwa tuzatangira kuyakora, tugahura n’andi makipe.”

Umwe mu babyeyi bari baherekeje abana babo, Niyigena John Wilson, yavuze ko impamvu yahisemo kureka abana be kabiga Karate ari uko hari byinshi bahigira birimo uburere no kwigirira icyizere.

Ati “Mfite abana babiri, hari uwabonye umukandara wa Orange, hari n’uwari ku mukandara w’ubururu. Kuzana abana muri Karate, navuga ko byaturutse ku kuba narawukinnye kandi ndawukunda nubwo ntakomeje kuwukina.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo abantu bakabonye Karate nk’umukino wo kurwana, ahubwo ni umukino wo kuzamura abana haba mu kinyabupfura no kwigirira icyizere”.

Samurai igira ikipe y’abana yitwa “Petit Samurai” ndetse n’ikipe y’abakuru ari yo yitwa Samurai.

Petit Samurai karate do club ni ikipe y’abana bari hagati y’imyaka itanu kugeza ku myaka 14 nubwo hari n’abakuru bigana nabo. Yatangiye mu 2012 ndetse kuri ubu ibarizwamo abana120 n’abakuru (Samurai) 50.

Iri shuri rya Karate rikora amasaha umunani mu cyumweru, aho imyitozo iba ku wa Gatatu, ku wa Gatandatu no ku Cyumweru, harebwa urwego abana bagezeho.

Abarimu b'abana bigira Karate muri Petit Samurai ubwo hakorwaga ibizamini ku wa Gatandatu
Abana bari mu byiciro bitandukanye bitabiriye ibi bizamini byo kubazamura mu ntera
Abana batsinze bahawe 'certificat' z'imikandara batsindiye
Bamwe mu babyeyi bari baje gushyigikira abana babo
Abana berekanye ubumenyi bamaze kugira muri Karate
Rurangayire Guy utoza abana (hagati), we na bagenzi be batanga amanota ku bana bari mu bizamini
Mu bigia Karate muri Petit Samurai harimo n'abakuru
Sensei Bernabe areba uburyo abana bitwara mu bizamini

Amafoto: T. Gabin


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .