Aya marushanwa yateguwe na Amateur Athletic Union (AAU) ku bufatanye n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga rya Karate (WUKF), azabanzirizwa n’amahugurwa azaba tariki ya 29 Werurwe 2024.
Muri Kata (kwiyerekana), amahugurwa azayoborwa na Sensei Mirza J B naho muri Kumite (kurwana), azayoborwa na Sensei Christophe Pinna ufite izina rikomeye muri Karate aho yegukanye Shampiyona y’Isi mu 2000.
Amarushanwa azaba tariki ya 30 n’iya 31 Werurwe 2024, agizwe n’ibyiciro bitandukanye birimo iby’abana n’iby’abakuru, iby’ababigize umwuga ndetse n’iby’abakanyujijeho muri Karate.
Itsinda ry’abantu barindwi riyobowe n’Umuyobozi wa JKA-Rwanda, Rurangayire Guy, ryahagurutse i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 25 Werurwe, ryitabiriye aya marushanwa.
Ganziteka Didier Pascal yagiye nk’umutoza ndetse n’umukinnyi mu gihe abandi bazarushanwa ari Niyongabo Fils David, Ndayishimiye Christian, Kabango Jean Pierre na Murenzi David.
Hari kandi n’Umuyobozi Mukuru wa KTN Rwanda, Hagenimana Philémon, wajyanye n’iri tsinda, aho iki kigo gihuza abagura n’abagurisha ubutaka mu Rwanda kimaze imyaka ibiri ari umufatanyabikorwa wa JKA-Rwanda.
Byitezwe ko aya marushanwa azabera i Las Vegas azitabirwa n’abaturutse mu bihugu bisaga 20 byo ku migabane itandukanye.







Amafoto: Kwizera Hervé
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!