00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda begukanye imidali itanu mu mikino ya Karate muri Zambia

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 26 October 2025 saa 01:07
Yasuwe :

Abakinnyi batatu b’Abanyarwanda bakina Karate, bari bitabiriye imikino ya “Kyokunshin Kenbukaikan World Championships” i Lusaka muri Zambia, bayisoje begukanye imidali itanu irimo itatu ya Zahabu.

Iyi mikino yabaga ku nshuro yayo ya mbere, yari yitabiriwe n’abakinnyi bo mu bihugu bitandukanye kuva tariki ya 23 kugeza ku ya 26 Ukwakira 2026.

U Rwanda rwari ruhagarariwe n’abakinnyi batatu ari bo Twagirumukiza Salvien w’imyaka 18, Ndayizeye Prince w’imyaka 17 na Irampaye Fred w’imyaka 14, aho batozwaga na Rurangayire Guy Didier usanzwe ari Perezida wa Japan Karate Association-Rwanda, JKA-Rwanda.

Ku wa Gatanu, Irampaye Fred yegukanye umudali wa Zahabu muri Kata (Kwiyerekana) mu cyiciro cy’Abatarengeje imyaka 14, Twagirumukiza Salvien yegukana uwa Zahabu mu Kata y’abafite hagati y’imyaka 17 na 18 naho Ndayizeye Prince yegukana umudali wa Feza muri icyo cyiciro.

Ku wa Gatandatu, hari hakurikiyeho gukina nk’ikipe muri Kata ndetse no gukina buri wese ku giti cye muri Kumite (Kurwana) hakurikijwe ibilo by’abakinnyi.

Uyu munsi na wo warangiye u Rwanda rubonye indi midali ibiri aho rwegukanye umudali wa Zahabu nk’ikipe muri Kata ndetse n’Umudali w’Umuringa watwawe na Irampaye Fred wabaye uwa gatatu muri Kumite (kurwana) mu bahungu bafite imyaka 14 na 15, batarengeje ibilo 55.

Perezida wa JKA Rwanda, Rurangayire Guy Didier, yavuze ko bishimiye umusaruro babonye muri iyi mikino, yongeraho ko mu byabagoye harimo amategeko abana batari bamenyereye kuko iri rushanwa ari ubwa mbere ribaye.

Ati “Abana bacu barakomeye, ndetse hari ibyo twize ku buryo tugiye kubyongera mu myitozo dukora ariko ku by’ibanze turi beza cyane. Muri Kata twarabarushije bigaragara, aho baturushije ni muri Kumite.”

Ambasaderi w'u Rwanda muri Zambia, Bugingo Emmanuel, yasuye abakinnyi b'Abanyarwanda bitabiriye imikino ya “Kyokunshin Kenbukaikan World Championships” i Lusaka
Rurangayire Guy Didier yifotozanya n'abakinnyi batatu bakiri bato yatozaga muri iyi mikino yabaga ku nshuro ya mbere
Twagirumukiza Salvien na we yegukanye umudali wa Zahabu mri Kata y’abafite hagati y’imyaka 17 na 18
Irampaye Fred ahemberwa umudali wa Zahabu yegukanye muri Kata
Irampaye Fred yabaye uwa gatatu muri Kumite, mu cyiciro cy'abatarengeje ibilo 55
U Rwanda rwasozanyije imidali itanu muri iri rushanwa
Abanyarwanda begukanye umwanya wa mbere muri Kata mu gukina nk'ikipe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages