00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ikipe y’Igihugu ya Karate ikubutse muri ‘Commonwealth Championship’ yasabye gushyigikirwa

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 3 December 2024 saa 12:01
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu ya Karate yegukanye imidali itanu mu mikino ihuza ibihugu bivuga Icyongereza "Commonwealth Karate Championship", yageze i Kigali ikubutse muri Afurika y’Epfo, isaba kwitabwaho kugira ngo ikomeze kwitwara neza.
Iyi kipe yageze i Kigali mu gitondo cyo ku wa Kabiri, tariki ya 3 Ukuboza 2024.
Muri iyi mikino yaberaga muri Afurika y’Epfo, u Rwanda rwegukanye imidali itanu irimo itatu y’Umuringa yabonetse muri Kata.
Hari kandi undi w’Umuringa watwawe na Ntwari Fiston ndetse (…)

Ikipe y’Igihugu ya Karate yegukanye imidali itanu mu mikino ihuza ibihugu bivuga Icyongereza "Commonwealth Karate Championship", yageze i Kigali ikubutse muri Afurika y’Epfo, isaba kwitabwaho kugira ngo ikomeze kwitwara neza.

Iyi kipe yageze i Kigali mu gitondo cyo ku wa Kabiri, tariki ya 3 Ukuboza 2024.

Muri iyi mikino yaberaga muri Afurika y’Epfo, u Rwanda rwegukanye imidali itanu irimo itatu y’Umuringa yabonetse muri Kata.

Hari kandi undi w’Umuringa watwawe na Ntwari Fiston ndetse n’umudali wa Feza wegukanywe na Shyaka Ndutiye.

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Karate, Ntwari Fiston, yatangaje ko bishimiye kwegukana imidali kandi yabateye imbaraga zo gukora cyane.

Ati “Ryari irushanwa rikomeye ryo ku rwego rw’isi. Twishimiye cyane kwitwara neza kuko twiteguye neza, ubuyobozi butuba hafi. Gutwara iyi midali byaduteye imbaraga zizatuma turushaho gukora cyane ku buryo ubutaha twazatwara n’iya zahabu.”

Perezida w’Ishyirahamwe rya Karate mu Rwanda (FERWAKA), Niyongabo Damien, yatangaje ko kwegukana iyi midali ari ikimenyetso cy’uko Abanyarwanda bashoboye, bityo babonye uburyo bakora ibirenze.

Ati "Ushobora kubona aba bana bambaye imidali ukagira ngo byari byoroshye. Dufite impano ndetse n’ejo hazaza heza muri Karate y’u Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Turashimira Minisiteri ya Siporo na Komite Olempike badufasha buri munsi, ariko nibaduha uburyo tuzakora ibirenze ibi. Natwe tugiye kwisuganya kuko ibyo twakoze hari ishusho bigaragaza.”

Uyu muyobozi yakomeje agaragaza ko bafite ubuke bw’amarushanwa, bityo akwiye kongerwa kugira ngo barusheho kwitwara neza cyane ko abo bahanganye bo bafite menshi.

Ubwo Ikipe y'Igihugu yasesekaraga i Kigali ikubutse muri Afurika y'Epfo
Akanyamuneza kari kose ku bagiye kwakira Ikipe y'Igihugu
U Rwanda rwegukanye imidali itanu mu mikino y'ibihugu bikoresha Icyongereza
Ikipe y'Igihugu ya Karate yasabye gushyigikirwa kugira ngo irusheho kwitwara neza
Inshuti n'imiryango bari bagiye kwakira abagize Ikipe y'Igihugu
Abagize umuryango mugari wa karate bagiye kwakira Ikipe y'Igihugu

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .