00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarenga 100 batyarijwe ubumenyi kuri Karate Shotokan

Yanditswe na IGIHE
Kuya 6 July 2024 saa 11:41
Yasuwe :

Abakina Karate mu Rwanda barenga 100 ni bo bitabiriye amahugurwa ya Karate Shotokan yateguwe na ISKF Rwanda ku wa Gatandatu, tariki ya 6 Nyakanga 2024, aho yahuje abafite imikandara kuva ku mukara kugeza ku bafite imikandara y’ubururu.

Aya mahugurwa yateguwe mu rwego rwo guhuza tekinike zo muri uwo mukino, yatangijwe na Nduwamungu Jean Vianney uhagarariye ISKF Rwanda akaba n’umwarimu mpuzamahanga muri uyu mukino.

Nduwamungu wateguye aya mahugurwa, yashimiye Abakarateka bose bayitabiriye, asaba abahuguwe ko ubumenyi bayakuyemo bakwiriye kubusangiza abandi batabashije kuyitabira kugira ngo urwego rwabo bose rube rumwe.

Abayitabiriye bashimiye cyane ISKF Rwanda ku bumenyi bungutse, basaba ko aya mahugurwa yazajya aba inshuro nyinshi. Bashimiye kandi ubuyoboyi bwa ISKF Rwanda ku bw’igitekerezo cyiza cyo kuzana abatoza b’abahanga mu rwego rwo kuzamura umukino wa Karate Shotokan mu Rwanda, banabusaba ko bwakomeza kubashakira amahugurwa menshi kuko bibazamurira ubumenyi.

Muri aya mahugurwa kandi, abarimu bakuru muri ISKF Rwanda bagiye bigisha bitsa cyane ku gukora karate iri ku rwego rwo hejuru. Abo ni Senzei Mukuru, Nduwamungu Jean Vianney ufite Dan 5, Sensei Bugabo Amile ufite Dan 5 na Sensei Eric Mbarushimana ufite Dan 5.

Aya mahugurwa yitabiriwe n’abakarateka barenga 10 baturutse mu makipe agera kuri 20. ISKF Rwanda yaboneyeho gushyikiriza abanyamuryango bashya ibyemezo by’ubunyamuryango aho imaze kugira amakipe 11 manyamuryango ku buryo bwemewe n’amategeko.

Mu gusoza, abanyamuryango bamenyeshejwe ko andi mahugurwa azaba tariki ya 3 Kanama 2024.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .