Ni igikorwa cyabaye hasozwa umwaka wa 2024, kibera mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Byimana ahazwi nka Rwanco, mu Karere ka Kicukiro.
Ubwo hatangizwaga ku mugaragaro ikipe ya Strength Of Unity Karate Academy, Umunyamabanga Mukuru mu Ishyirahamwe ry’Umukino wa Karate mu Rwanda, Bugingo Elvis, yabwiye abayigize ko bishimiye ko bungutse umunyamuryango mushya.
Yongeyeho ko bigaragaza ko Karate ikomeje kwaguka no gukura, abasezeranya ubufatanye yaba mu bya tekinike ndetse no mu bundi bufasha bazakenera kuri federasiyo.
Yasoje ashimira byimazeyo Sensei Jean Pierre Iyakaremye uyiyibora, amushimira ku gitekerezo cyiza bagize cyo gushinga Strength Of Unity Karate Academy.
Sensei Ngabo wari uhagarariye ISKF Rwanda, yafashe umwanya ashimira Sensei Emery ku gitekerezo cyiza yagize, yibutsa Abakarateka ko Karate ari ubuzima, ababwira ko ISKF Rwanda izakora buri kimwe kugira ngo uyu umunyamuryango atere imbere.
Umuyobozi wa JKA, Sensei Rurangayire Guy Didier, yashimiye abagize igitekerezo cyo gushyiraho iyi kipe, cyane ko inabarizwa muri JKA.
Yavuze ko umukarateka akwiye kurangwa n’ikinyabupfura muri byose kuko ari yo ndangagaciro ibaranga.
Yongeyeho ko ibi ari ugufasha igihugu kurera, asoza yizeza ubufasha ubwo ari bwo bwose bazakenera dore ko bagaragaje urwego rwiza.
Iki gikorwa kandi cyari cyitabiriwe n’andi makipe yari yaje kubashyigikira ari yo Kamikazi y’i Kabuga iyobowe na Sensei Bugingo Elvis, Flying Eagle y’i Kagugu iyobowe na Sensei Claret, Vision Karaté do Kinyinya iyobowe na Sensei Concorde, Love karaté Do y’i Kanombe iyobowe na Sensei Bugabo na Club Okinawa yo mu Busanza iyobowe na Sensei Deus.
Mu gusoza iki gikorwa, Sensei Jean Pierre Iyakaremye yafashe umwanya ashimira abaje kubashyigikira, abasezeranya ko Strength Of Unity Karate Academy izaba intangarugero muri Karate Nyarwanda, kandi ko intego ari ukwegukana imidali myinshi mu marushanwa atandukanye.
Yasoje abifuriza gusoza umwaka wa 2024 neza, anabifuriza guhirwa mu 2025.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!