Ni imikino iteganyijwe kuba ku Cyumweru, tariki ya 26 Gicurasi 2024, yose ikabera ku bibuga bya ’Kimironko Community & Sports Space’.
Mu gihe u Rwanda ruri mi minsi 100 yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, hategurwa imikino itandukanye harimo n’iy’abafite ubumuga.
Nyuma y’uko Shampiyona ya Basketball ya Wheelchair Basketball irangiriye hatangiye gutegurwa uko hakinwa irushanwa ngarukamwaka rigendanye no Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amakipe arindwi niyo azakina iri rushanwa rizakinwa n’amakipe arindwi arimo ane y’abagabo ari yo Eagles, Kicukiro, Musanze na Indangamirwa mu gihe mu bagore ari Gasabo, Kicukiro na Move Dream.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!