00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwibuka30: Amakipe arindwi agiye guhatanira igikombe muri Wheelchair Basketball

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 24 May 2024 saa 10:16
Yasuwe :

Amakipe akina umukino wa ’Wheelchair Basketball,’ arimo ane y’abagabo n’atatu y’abagore, azahatanira Igikombe cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ni imikino iteganyijwe kuba ku Cyumweru, tariki ya 26 Gicurasi 2024, yose ikabera ku bibuga bya ’Kimironko Community & Sports Space’.

Mu gihe u Rwanda ruri mi minsi 100 yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, hategurwa imikino itandukanye harimo n’iy’abafite ubumuga.

Nyuma y’uko Shampiyona ya Basketball ya Wheelchair Basketball irangiriye hatangiye gutegurwa uko hakinwa irushanwa ngarukamwaka rigendanye no Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Amakipe arindwi niyo azakina iri rushanwa rizakinwa n’amakipe arindwi arimo ane y’abagabo ari yo Eagles, Kicukiro, Musanze na Indangamirwa mu gihe mu bagore ari Gasabo, Kicukiro na Move Dream.

Amakipe ane mu bagabo niyo azakina irushanwa ryo Kwibuka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .