Iri rushanwa riri kubera i Kigali ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, ryahuje ibihugu 10 byo mu Itsinda rya Kane, bigabanyije mu matsinda abiri.
Mu Itsinda A, hagati y’u Rwanda na Togo, Umunyarwandakazi Lia Kaishiki yatangiye neza atsinda Umunya-Togo Valentine Talaki 6-1, 6-2.
Icyizere cy’Abanyarwanda cyatangiye kugabanyuka ubwo Umumararungu Gisèle yatsindwaga na Ami Diwiniga Grace Dougah 6-1, 6-0.
Togo yabonye intsinzi yayo iyikesha kwitwara neza mu bakina ari babiri aho Ami Diwiniga na Valentine Talaki batsinze Kaishiki na Tuyisenge Olive 5-7, 7-5, 10-8.
Ikipe y’u Rwanda izasubira mu kibuga ku wa Kabiri saa Yine za mu gitondo ihura na Lesotho.
Mu wundi mukino wo mu Itsinda A, Cameroun yatsinze Lesotho imikino 3-0.
Mu Itsinda B, Tanzania yatsinze Mozambique imikino 3-0 ndetse na Algeria itsinda Angola imikino 3-0.
Video: Niyomusafiri Nathan



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!