Abakinnyi bazahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda 2013 bakomeje imyiteguro ihambaye i Musanze kuri Centre ya Team Rwanda, ubu imyitozo ikaba igeze ahantu hakomeye nk’uko umutoza w’ikipe y’igihugu, Jonathan Boyer abivuga, uvuga ko abasore be bose bameze neza.
Umutoza Boyer yamaze gushyira ahagaragara abakinnyi 10 bazaba bagize amakipe 2 (Kalisimbi na Akagera), mu minsi ya vuba tukazabatangariza n’urutonde rw’abandi bakinnyi 5 bazaba bagize ikipe ya 3 (Muhabura) kuko uyu mwaka u Rwanda ruzahagarirwa n’amakipe 3.
Dore abakinnyi bazahagararira u Rwanda:
Team Kalisimbi
1. Byukusenge Nathan
2. Hadi Janvier
3. Ruhumuriza Abraham
4. Uwizeyimana Boneventure
5. Nsengiyumva Jean Bosco
Team Akagera
1. Hategeka Gasore
2. Bintunimana Emile
3. Ndayisenga Valens
4. Rukundo Hassan
5. Biziyaremye Joseph
Imyitozo irakomeza, aho abakinnyi baba i Musanze kuva kuwa Mbere kugeza kuwa Gatanu buri cyumweru, umutoza Jonathan Boyer akaba yemeza ko abazaba bagize ikipe ya gatatu azabatangaza vuba.
Tubibutsa ko Adrien Niyonshuti azakinira ikipe ye ya SAMSUNG MTN QHUBEKA, ariko nk’uko byasobanuwe na Perezida wa FERWACY ko ibi ari inyungu z’u Rwanda, aho amanota atsindira aza k’u Rwanda kandi hari n’undi mwanya uba wabonetse bigatuma hiyongeramo undi mukinnyi w’u Rwanda.
Ni ku nshuro ya gatanu Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) ritegura Tour du Rwanda, aho iy’uyu mwaka izatangira tariki ya 17 Ugushyingo 2013.


















TANGA IGITEKEREZO