00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Table Tennis: Masengesho na Tumukunde begukanye Irushanwa ryo Kwibuka, Shukuru yakira impano ya Aruna Quadri

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 10 June 2024 saa 06:02
Yasuwe :

Masengesho Patrick mu bagabo na Tumukunde Hervine mi bagore ni bo begukanye irushanwa rya Table Tennis ryo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, irushanwa Shukuru Ebonga na we yaje kwegukana mu bakiri bato akoresheje ibikoresho yahawe na Aruna Quadri.

Inkuru ya Shukuru Ebonga numero ya mbere mu Rwanda mu mukino wa Table Tennis mu bakiri bato, yaje kujya hanze ubwo u Rwanda rwakiraga imikino nyafurika muri uyu mukino, maze bikaza kumenyekana ko uyu musore w’imyaka 12 yavuye i Rubavu bimusabye kugurisha inkweto zeariko ngo akunde arebe numero ya mbere kuri uyu mugabene Aruna Quadri wakinira muri BK Arena.

Nyuma y’uko uyu Munya-Nigeria amenyeye iby’uyu musore ukiri muto, yemeye kuzamushyigikira ngo na we azatere imbere muri Table Tennis aho yaje no kumugenera impano y’ibikoresho yaje gushyikirizwa ubwo yari amaze gutsinda Gisubizo King ku mukino wa nyuma akegukana irushanwa ryo GMT mu batarengeje imyaka 12.

Muri ibyo bikoresho yahawe harimo imipira n’amakabutura, inkweto n’amasogisi, agakapu ko kubikamo “Racket” bakinisha, n’ibindi byinshi harimo n’ibikoresho byo kwigana byiyongera kuri Racket Aruna Quadri yakoresheje mu irushanwa ryabereye i Kigali na yo ifitwe na Shukuru Ebonga.

Uretse Shukuru witwaye neza mu bana mu irushanwa rya Table Tennis ryo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu bagabo Masengesho Patrick yegukanye igikombe atsinze Muyisenge Devoir de Dieu ku mukino wa nyuma amaseti 3-2 mu gihe mu bagore Tumukunde Hervine yegukanye igikombe atsinze Hirwa Kelia amaseti 3-2.

Mu ngimbi (Juniors,U-18), Shimirwa Blaise yatwaye igikombe atsinze Mugisha Isaïe amaseti 3-0 na ho mu bangavu igikombe gitwarwa na Ishimwe Sonia atsinze Ntakirutimana Solange amaseti 3-0 mu gihe mu bana bato b’abakobwa igikombe cyatwawe na Diane Uwase atsinze Kamikazi Elizabeth ku mukino wa nyuma.

Ubwo imikino yari ishojwe, umuyobozi wa Tekiniki mu Ishyirahamwe ry’Umukino wa Table Tennis mu Rwanda, Ndizeye Yves yashimiye Shukuru Ebonga ku muhate akomeza kugaragaza, n’inzozi zo kugera kure ahorana, ndetse anashimangira ko nka Federasiyo bazakomeza gushakira abakinnyi imikino myinshi n’amarushanwa hazamurwa urwego rw’abakinnyi ari nako babafasha gukabya inzozi zabo.

Abitwaye neza mu bagabo muri GMT bahawe imidari
Abahize abandi mu bagore na bo bashimiwe
Yves Ndizeye yashyikirije Shukuru ibikoresho yohererejwe na Aruna Quadri
Nyuma yo kuva i Rubavu agurishijwe inkweto, Ebonge Shukuru yahawe ibikoresho bifite agaciro karenga ibihumbi 600 Frw
Aruna Quadri ni we wegukanye igikombe cya Afurika muri Table Tennis mu mikino yabereye i Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .