U Rwanda rwabonye itike yo kuzakina iri rushanwa nyuma yo gutwara Shampiyona Nyafurika ya 2025 mu bagore mu gihe abagabo babaye aba kabiri muri iyo mikino yabereye i Nairobi muri Nyakanga umwaka ushize.
Mu gihe imyiteguro ya Shampiyona y’Isi yasaga n’iyatangiye, haratangiye gutoranywa abakinnyi bazayikina, Umutoza Mosaad Elaiuty yanditse asezera ku nshingano.
Ubutumwa IGIHE yabonye uyu mutoza yahaye abamwungirije ku Cyumweru, tariki ya 12 Mata 2026, bugira buti “Ndabamenyesha ko nasezeye ku mwanya w’umutoza mukuru w’Amakipe y’u Rwanda y’Abagabo n’Abagore ya Sitting Volleyball.”
Perezida wa NPC Rwanda, Bizimana Dominique, yabwiye IGIHE ko gusezera k’uyu mutoza na bo babibonye.
Ati “Nk’uko wabibonye, natwe twabibonye uko yabyanditse.” Abajijwe niba hari impamvu yatanze, yasubije ati “Oya”.”
Abajijwe ikigiye gukurikiraho, Bizimana yavuze ko inshingano zifatwa n’abari bungirije Mosaad Elaiuty.
Ati “Ntabwo Ikipe y’Igihugu yahagarara kubera umuntu umwe, ntabwo ari kampara. Yari afite abamwungirije, barakomeza akazi.”
Ku rundi ruhande, amakuru avuga ko gusezera k’uyu mutoza byaturutse ku kutumvikana n’ubuyobozi bwa NPC Rwanda ku bijyanye no guhamagara Ikipe y’Igihugu ndetse n’uburyo yifuzaga gukoramo.
Dr. Mosaad Elaiuty wari wongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu 2025, yatozaga u Rwanda ku nshuro ya gatatu kuva mu 2023, mu gihe inshuro ebyiri zibanza byari hagati ya 2019 na 2022.
Kugeza ubu u Rwanda ni urwa mbere muri Sitting Volleyball y’abagore muri Afurika n’urwa kabiri mu bagabo, inyuma ya Misiri. Ku Isi, ni urwa munani mu bagore, naho mu bagabo ni urwa 16.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!