Ishyirahamwe rya Taekwondo ku Isi ritegura amahugurwa ndetse n’amasomo ku batoza batandukanye ku Isi, rikabaha ubumenyi butuma bakora akazi kabo ku rwego mpuzamahanga.
Mu gihe cy’ukwezi kumwe Hakizimana yahamaze, yafashe amasomo arimo uko umutoza yigisha umukinnyi gukina bimwe mu bice by’umukino cyane cyane mu cya Kyorugi bakina barwana, na Poomsae bakina biyerekana.
Ni amasomo avuga ko yamwunguye ubundi bumenyi ku bwo yari asanganwe mu buryo bwo kurushanwa ndetse yamaze kugera ku rwego rwo hejuru nubwo adateganya guhagarara mu gukomeza kwiga umukino.
Ati “Umuntu wese ushaka gukomeza gukina agomba kubanza kwiga. Ubu nsigaje andi mahugurwa nk’abiri. Ni amasomo twigiyemo byose nkenerwa muri Taekwondo harimo no kwigisha imitekerereze n’imyumvire y’umukino. Ubu nakwigisha Taekwondo aho ariho hose ku Isi.”
“Nagize amahirwe rero mbyitwaramo neza nshyikirizwa impamyabushobozi n’Umuyobozi Mukuru wa Taekwondo ku Isi [Choi Young Ryul] njyenyine. Ni ishema ku Rwanda ku kuba nakoze imyitozo bwa mbere nkanitwara neza. Ibyo nahawe ngomba kubisangiza abandi.”
Ubufatanye bw’Ishyirahamwe rya Taekwondo ku Isi n’u Rwanda bukomeje gutanga ibisubizo, cyane ko hashize igihe gito ritanze ibikoresho bizafasha amakipe yo mu Rwanda kujya yitoza umukino.
Usibye gukina no guteza imbere umukino wa Taekwondo, Dr David Hakizimana ni umuganga w’indwara z’ubwonko mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!