00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mako Sharks yahigitse andi makipe muri Shampiyona y’Igihugu yo Koga ya 2025 (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 September 2025 saa 06:07
Yasuwe :

Ikipe ya Mako Sharks Swim Club yegukanye umwanya wa mbere muri Shampiyona y’Igihugu y’Imikino yo Koga yabereye muri piscine ya Green Hills Academy i Nyarutarama, ku wa 30 Kanama 2025.

Iri rushanwa ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda (Rwanda Aquatics Federation), rikitabirwa n’abakinnyi baturutse mu makipe atanu, ryakinwe mu byiciro bitandukanye ndetse no mu bwoko butanu bwo koga.

Abakinnyi barushanyijwe mu gukura umusomyo (Freestyle) muri metero 800, 400, 200, 100 na metero 50, koga ngarama (Backstroke) metero 200, 100 na 50, Makeri (Breaststroke) muri metero 200, 100 na 50, Bunyugunyugu (Butterfly) muri metero 200, 100 na 50 ndetse no koga nk’ikipe bizwi nka “relai” muri (4x50m).

Nyuma y’umunsi wose w’amarushanwa, Ikipe ya Mako Sharks Swim Club yegukanye umwanya wa mbere n’amanota 1516, ikurikirwa na Cercle Sportif de Karongi Academy n’amanota 1162.

Umwanya wa gatatu wegukanywe na Vision Jeunesse Nouvelle n’amanota 897, Cercle Sportif de Kigali iba iya kane n’amanota 294 naho Les Dauphins Swimming Club iba iya gatanu n’amanota 161.

Mu ijambo rye, Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda, Munyana Cynthia, yashimiye amakipe, abakinnyi, ababyeyi n’abatoza bitabiriye Shampiyona y’Igihugu y’Imikino yo Koga.

Ati “Ni igikorwa ngarukamwaka, buri mwaka dukora Shampiyona y’Igihugu imwe, uretse ko duteganya kuzajya dukora nyinshi. Twishimiye ko uyu munsi umukino wagenze neza, tuba twabiteguye ariko namwe muba mwabigezemo uruhare ngo bigende neza.”

Yakomeje avuga ko abakinnyi bitwaye neza muri iri rushanwa bazahagararira u Rwanda mu mikino ya “Africa Aquatics Zone III Championships” izabera muri Kenya.

Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Amashyirahamwe y’Imikino muri Komite Olempike y’u Rwanda, Umutoni Salama, yashimiye Rwanda Aquatics yateguye iri rushanwa, avuga ko guhuza abakinnyi bari ahantu hatandukanye biba bitoroshye.

Yakomeje agira ati “Nabonye ibintu byarahindutse, byabaye byiza cyane, mukomereze aho. Hari Indangagaciro Olempike dukunda kwibutsa abakinnyi, ari zo ubucuti, kuba indashyikirwa no kubahana. Iyo ufite izo ndangagaciro ni ibintu bigufasha mu kibuga no hanze yacyo, umukinnyi akaba yagera kure.”

Amwe mu mafoto yaranze Shampiyona y’Igihugu yo Koga ya 2025:

Shampiyona y'Igihugu y'Imikino yo Koga ya 2025 yabereye muri piscine ya Green Hills Academy i Nyarutarama
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda, Munyana Cynthia (iburyo) aganira na Visi Perezida wa Kabiri wa Komite Olempike y’u Rwanda, Umutoni Salama (hagati)
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda, Munyana Cynthia, yashimiye amakipe, abakinnyi, ababyeyi n’abatoza bitabiriye Shampiyona y’Igihugu y’Imikino yo Koga
Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Amashyirahamwe y’Imikino muri Komite Olempike y’u Rwanda, Umutoni Salama, yashimiye Rwanda Aquatics yateguye iri rushanwa, anibutsa abakinnyi indangagaciro zikwiye kubaranga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages