00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali Sharks yabihije ibirori bya Lions de Fer yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya Rugby idatsinzwe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 July 2023 saa 07:21
Yasuwe :

Ikipe ya Lions de Fer yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya Rugby ya 2022/23 idatsinzwe, ariko ibirori byo kucyishimira ntibyagenda uko yabiteganyaga kuko yatsinzwe na Kigali Sharks amanota 18-17 ku wa Gatandatu, tariki ya 22 Nyakanga 2023.

Lions de Fer yaherewe igikombe imbere y’abakunzi bayo bari baserutse bayishyigikira mu mukino yakinnye na Kigali Sharks ku kibuga cyo kuri Croix Rouge, ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali.

Uyu mukino wo gutanga igikombe, utari ufite aho uhuriye na shampiyona, warangiye Kigali Sharks itsinze Lions de Fer amanota 18 kuri 17.

Umutoza wa Lions de Fer, Kamali Vincent, yavuze ko nubwo batwaye iki gikombe badatsinzwe, ariko batorohewe n’umwaka wose w’imikino.

Ati "Kwegukana iki gikombe ntibyari byoroshye, by’umwihariko kugitwara tudatsinzwe. Uretse ibi, abakeba na bo ntibatworoheye kuko buri mukino twakinaga wabaga umeze nk’uwa nyuma."

Agaruka ku byaranze uyu mwaka w’imikino, Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Rugby mu Rwanda, Kamanda Tharcisse, yashimye uburyo amakipe yawitwayemo by’umwihariko ku rwego yagaragaje.

Ati "Ni ku nshuro ya mbere hakinwaga Shampiyona amakipe akina mu buryo bw’imikino ibanza n’iyo kwishyura kandi byagenze neza. Uretse ibi kandi, ni yo Shampiyona ya mbere Komite yacu yari iteguye kuko nyuma yo gutorwa twahise dukomwa mu nkokora na Covid-19".

Yakomeje ati "Ubu buryo bwo gukina imikino ibanza n’iyo kwishyura bwafashije abakinnyi bacu kubona imikino myinshi no kuzamura urwego".

Lions de Fer yegukanye Shampiyona ku nshuro ya kabiri yikurikiranya kuva mu 2019, yahawe igikombe na sheki y’ibihumbi 500 Frw, ikurikirwa na Thousand Hills yahembwe ibihumbi 300 Frw, mu gihe Muhanga Thunders yahembwe ibihumbi 200 Frw.

Uyu mwaka w’imikino wa 2022/23 muri Rugby, wari watangiye muri Nzeri, witabirwa n’amakipe arimo Lions de Fer RFC, Thousand Hills RFC, Muhanga Thunders RFC, Kigali Sharks RFC, Resilience RFC na Kamonyi Pumas RFC.

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Rugby mu Rwanda bwatangaje ko bamwe mu bakinnyi bahize abandi bazatoranywa n’Umutoza w’Ikipe y’Igihugu mu rwego rwo kwitegura umukino wa gicuti uzahuza u Rwanda n’u Burundi, uzabera mu Karere ka Huye mu minsi iri imbere.

Lions de Fer yakinnye na Kigali Sharks mu mukino wo guhererwaho igikombe cya shampiyona yegukanye
Umukino wa Rugby usaba imbaraga nyinshi no guhangana
Kapiteni wa Lions de Fer ashyikirizwa igikombe na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Rugby mu Rwanda, Kamanda Tharcisse
Lions de Fer yatwaye Igikombe cya Shampiyona idatsinzwe, yari ifite n'igiheruka yahawe mu 2019
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Rugby mu Rwanda, Kamanda Tharcisse, yavuze ko bishimiye uko uburyo bushya bwo gukinamo shampiyona bwagenze
Umutoza wa Lions de Fer, Kamali Vincent, yavuze ko batorohewe na shampiyona nubwo bayisoje badatsinzwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages