00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iteramakofe: Indwanyi zikomeye muri Afurika zigiye guhanganira i Kigali

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 13 October 2025 saa 10:49
Yasuwe :

Abakinnyi bakomeye mu mukino w’Iteramakofe muri Afurika, bagiye guhurira i Kigali mu marushanwa yiswe ‘Kigali Fight Night’ yateguwe na sosiyte ya Silverback Sports ifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Imikino y’Iteramakofe mu Rwanda (RBF).

Iri rushanwa ryateguwe mu kugaragaza ko Afurika imaze gutera imbere mu mikino y’Iteramakofe, rizaba tariki ya 8 Ugushyingo 2025, ikazabera muri Zaria Court.

Abakinnyi baturutse mu bihugu bitandatu ni bo bazahangana kuri uwo munsi. Abo ni Jerry wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Ally, Aziz na Joseph bo muri Tanzania, Hans na Nelson bo muri Gabon, David wo muri Nigeria na Frank wo mu Rwanda.

Mu bagore hari Precious wo muri Nigeria, Flora wo muri Tanzania, Daniella wo muri RDC na Mukami wo muri Kenya.

Amatike yashyizwe hanze ku bifuza kuzakurkirana iyi mikino, aho imyanya isanzwe ari 10.000 Frw, imyanya yisumbuyeho ikaba 12.000 Frw, VIP ikaba 60.000 Frw, mu gihe VVIP ari 100.000 Frw.

Abazakurikira iyi mikino bateganyirijwe imirwano itandatu ikomeye, ikongerwaho indi itanu y’abakinnyi batabigize umwuga b’Abanyarwanda.

Uko abakinnyi bazahura

Jerry (DRC) vs Ally (Tanzania)
Hans (Gabon) vs Joseph (Tanzania)
David (Nigeria) vs Aziz (Tanzania)
Precious (Nigeria) vs Flora (Tanzania)
Daniella (RDC) vs Mukami (Kenyan)
Frank (Rwanda) vs Nelson (Gabon)

I Kigali hagiye kubera imirwano ikomeye y'Iteramakofe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages