Ikipe ya Misiri yabonye intsinzi nyuma yo kwitwara neza muri aya marushanwa. Iyi kipe yazamutse mu itsinda ryayo n’ubundi itsinze u Rwanda, ikaba yongeye kurusubira irutsinda amanota 51 kuri 29.
Ikipe y’u Rwanda yatangiye iminota itanu ya mbere ikora amakosa yaje gutuma habaho kotswa igitutu na Misiri, yinjira mu mukino mbere y’u Rwanda itsinda amanota ya mbere.
Uburebure bw’abakinnyi ba Misiri bwabafashije cyane kuko bakoresheje imipira yo hejuru bigatuma bakomeza kujya imbere y’ikipe y’u Rwanda mu manota kuva mu ntangiriro z’umukino.
Umukuru w’igihigu, Paul Kagame amaze kugera muri BK Arena, abasore b’u Rwanda bashyizemo agatege ngo barebe ko bagabanya ikinyuranyo cy’amanota atandatu Misiri yari imaze gushyiramo, ariko bakomeza kugenda inyuma ya Misiri.
Igice cya mbere cyarangiye ari amanota 22 ya Misiri kuri 16 y’u Rwanda, abakinnyi bajya mu karuhuko kumva impanuro z’abatoza.
Igice cya kabiri cyo cyatangiye abakinnyi b’u Rwanda batuzuye kuko umukinnyi wayo umwe yari yasoje igice cya mbere ari mu gihano cy’iminota ibiri hanze. Ntibyabaciye intege ahubwo bakomeje kwihagararaho kugira ngo birinde ikinyuranyo kiri hejuru.
Kwihagararaho ntibyabahiriye kuko imipira yo hejuru yakoreshwaga n’abakinnyi ba Misiri yakomeje gutuma ikinyuranyo cy’amanota kiguma kuba kinini.
Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda bageze mu minota 15 ya nyuma umunaniro uba mwinshi, bituma n’amakosa bakoraga yiyongera bigabanya umuvuduko bari bafite mu kugabanya amanota. Misiri yahise ibatera imboni, ibyaza umusaruro ayo mahirwe isoza umukino ifite amanota 51-29.
Andi makipe uko yakurikiranye Maroc yabaye iya gatatu, u Burundi buba iya kane, Algerie yaje ku mwanya wa gatanu, ku mwanya wa gatandatu haza Uganda.
Amakipe yaje mu myanya y’inyuma harimo ikipe ya Libya yabaye iya karindwi na Madagascar yabaye iya munani.
U Rwanda nubwo rwatsindiwe ku mukino wa nyuma, ruri mu makipe ane yabonye itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’isi izabera muri Croatia mu mwaka wa 2023.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!