Huye Rally ibera mu Ntara y’Amajyepfo, igamije kwibuka no guha icyubahiro Gakwaya Claude wakinaga amasiganwa y’imodoka, witabye Imana mu 1986 azize impanuka.
Irushanwa ry’uyu mwaka ryatangiriye mu Mujyi wa Huye ku mugoroba wo ku wa Gatanu, aho nyuma y’imvura yaguye hakinwe agace kareshya n’ibilometero bine kakinwe n’imodoka 11 ndetse akaba ari zo zasoje.
Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude begukanye Huye Rally mu 2024, ni bo bitwaye neza muri aka gace aho Subaru Impreza bari batwaye yakoresheje iminota ibiri n’amasegonda 55, bakurikirwa na Gakwaya Eric wakinanaga na Miss Kayibanda Aurore basize amasegonda atanu naho Yoto Fabrice na Ruzindana Axel baba aba gatatu basizwe amasegonda atandatu.
Ku mwanya wa kane hasoreje Umunya-Uganda Kayira Faizal wakinanaga na Katumba Duncan naho Kanangire Christian wari kumwe na Mujiji Kevin ndetse na Kalimpinya Queen wakinanaga na Ngabo Olivier basoreza ku mwanya wa gatanu n’uwa gatandatu.
Imodoka umunani za Subaru Impreza zitabiriye iri rushanwa, zose zasoreje mu myanya umunani ya mbere, aho Murengezi Brian na Niwemugore Djamila babaye aba karindwi naho Rutuku Mike na Gasarabwe Alain baba aba munani.
Dusingizimana Salvator na Kubwimana Emmanuel bari muri Toyota Corolla babaye aba cyenda, bakurikirwa na Peugeot ebyiri zirimo iyari itwawe na Rutabingwa Gratien ari kumwe na Munyaneza Irène ndetse n’iya Hakizimana Jack wari kumwe na Semana Ish Kevin.
🎥𝐀𝐌𝐀𝐒𝐇𝐔𝐒𝐇𝐎🎥
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, mu Karere ka Huye hatangiye kubera isiganwa ry'imodoka rya "Huye Rally 2025" ryitabiriwe n'abapilote b'Abanyarwanda n'Abanya-Uganda.
Nyuma y'aka gace ko kwiyerekana kakiniwe mu Mujyi wa Huye, kuri uyu wa Gatandatu abasiganwa… pic.twitter.com/fuLLutuvxu
— IGIHE Sports (@IGIHESports) October 25, 2025
Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo hatangira isiganwa nyakuri, aho hakinwa uduce umunani mu mihanda ya Gisagara-Kibilizi-Mugomba-Gisagara (1&2) kuva Saa Sita, Rango- Kibilizi (3&4), Kibilizi-Rango (5&6) na Rango-Kibilizi (7&8). Utu duce tune twa nyuma turakinwa mu ijoro, kuva Saa 19:15.
Ku Cyumweru, tariki ya 26 Ukwakira, hazakinwa agace ka cyenda n’aka 10 mu muhanda wa Save-Shyanda guhera saa Yine, mu gihe agace ka 11 n’aka 12 tuzakinirwa mu muhanda wa Shyanda-Save guhera Saa Sita, gusoza no gutanga ibihembo bitangire Saa Munani n’Igice z’amanywa.
Amafoto: Kwizera Remy Moses



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!