Ni ishuri ryafunguwe muri iki cyumweru ryiswe Carlos Takam Boxing Academy, rifite intego yo guteza imbere umukino w’iteramakofe muri Afurika.
Umuhango wo kuritangiza witabiriwe n’Igikomangoma Albert II wa Monaco n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe.
Abandi bari bitabiriye ni Perezida w’Ishyirahamwe ry’Imikino yo gusiganwa ku Magare, David Lappartient, Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Iteramakofe mu Rwanda, Ntwari Bashir, Umunyabigwi muri Formula 1, Jacky Ickx n’abandi.
Ni ibirori byari byiganjemo imikino y’iteramakofe, imbyino za Kinyarwanda ndetse no kugaragaza igishushanyo mbonera cy’ahazajya hakinirwa iyi mikino hazaba harimo ibikoresho byose byabugenewe.
Carlos Takam kandi yigaragarije abitabiriye uyu muhango mu mukino yakinnye, mu ijambo rye avuga ko iri rerero ari intambwe nziza ku iterambere ry’umukino w’itaramakofe muri Afurika.
Ati “Inzozi zanjye ni ukubona hazamuka abakinnyi bakomeye muri Afurika, bakamenyekanira iwabo kandi bagashyigikirwa. Iri shuri rizaba ahantu h’icyitegererezo n’ishema ku rubyiruko rw’Afurika.”
Iri shuri rizatangira ibikorwa muri Werurwe 2026, ntirizaba rifite aho kwitoreza gusa, ahubwo rizaba ririmo ahandi habera ibikorwa by’imyidagaduro, resitora, ibiro n’imikino yo ku ikoranabuhanga [eSports].
Muri uyu muhango herekanywe umukandara mushya wiswe ‘Ushujaa Africa World Belt’ wakorewe mu Rwanda n’umunyabugeni Khalil Rizinde. Takam yifuza kuzawurwanira akawutwara.
Carlos Takam na Victor Silva wo mu Ishyirahamwe ry’Umukino w’Iteramakofe ku Isi WBC bahaye Perezida Kagame umukandara wihariye w’uyu mukino.
Carlos Takam Foundation ifitanye ubufatanye n’Umuryango Peace and Sport wo muri Monaco, yatangirijwe mu Rwanda mu 2023, mu rwego rwo guteza imbere siporo, uburezi n’ubumwe bw’Abanyarwanda n’Abanyafurika.
Izaba ihagarariwe na Scorpio Ciftci nka Visi Perezida wa mbere na Léon Sala nka Visi Perezida wa Kabiri. Mauricio Sulaimán, Princesse Sophia Wolkonsky bakaba bagizwe inama y’ubutegetsi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!