Aya magare 100 yashyikirijwe abayobozi ba FERWACY kuri uyu wa Kabiri ku cyiciro cy’iyi Ambasade mu Rwanda ari mu rwego gufasha iri shyirahamwe guteza imbere uyu mukino.
Aya magare azahabwa abanyeshuri biga mu mashuri abanza bataha kure y’ibigo byabo mu koborohereza urugendo bikaba n’inzira yo kubakundisha igare, abafite impano bagakurikiranwa n’abatoza.
Si ubwa mbere amagare nk’aya atanzwe mu Rwanda kuko MTN Qhubeka yayatanze i Rwamagana mu 2014 ahabwa abanyeshuri bo mu mashuri abanza, abafite impano yo gusiganwa ku magare bakaba bakurikiranwa muri Adrien Niyonshuti Cycling Academy.
Icyiciro cya mbere cy’amagare yatanzwe i Rwamagana cyari kigizwe n’amagare 100 yahawe abanyeshuri bo mu bigo birindwi. Amagare 200 niyo yari ateganyijwe gutangwa afite agaciro ka miliyoni 39 ibihumbi 454 FRW.



















TANGA IGITEKEREZO