00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda bitwaye neza mu irushanwa ry’Iteramakofe ryo Kwibuka ryakiniwe imbere ya Carlos Takam

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 18 June 2024 saa 06:49
Yasuwe :

Irushanwa ry’Iteramakofe ryo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi ryasize Abanyarwanda bigaragarije imbere y’igihangange Carlos Takam wari muri Kigali Universe ubwo iri ryasowaga ku Cyumweru.

Iri rushanwa ry’iminsi ibiri, ryari ryitabiriwe n’abakinnyi bavuye mu bihugu bitatu ,u Rwanda, Ethiopia, na Sudani y’epfo aho haba mu babigize umwuga n’abatarabigize umwuga abanyarwanda baje kuhatambukana ishema.

Icyiciro cy’abatarabigize umwuga ni cyo cyarebwaga ahanini n’iri rushanwa dore ko cyagize imikino itanu itandukanye kigasiga bamwe bahembwe. Aha, Ntabaganyimana Valante(Rwanda)yatsinze Samuel Elemin Joseph (South Sudan) mu gihe Rubamba Iguru(Rwanda) na we yatsinze Mel Deng Kual (South Sudan).

Mu yindi mikino Kelia Iradukunda (Rwanda) we yatsinzwe na Genet Tsegaye (Ethiopia), Babra Lam (South Sudan) atsindwa na Nsengiyumva Ange(Rwanda) na ho Pacific Niyonzima(Rwanda) atsindwa na Abreham Elem (Ethiopia).

Mu bakinnyi babigize umwuga, Patrick Atwi (South Sudan) yatsinzwe na Donatien Dusabe(Rwanda) na ho Ndayishimiye Patrick(Rwanda) atsinda Nelson Mboka (Ethiopia).

Iyi mikino ikaba yaritabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo Amb. Lulit Zewdie Gebremariam wa Ethiopia Mu Rwanda, Carlos Takam, umukinnyi w’iteramakofe ukomeye ku isi akaba n’umushoramari muri uyu mukino mu Rwanda, mu gihe hari kandi n’abandi bazwi mu Rwanda nka Bruce Melodie, Sherrie Silver na Rocky Kimomo.

Carlos Takam igihangange mu mukino w'iteramakofe yari muri Kigali Arena kuri iki cyumweru twasoje
Abatsinze bahawe ibikombe
Abakunzi b'umukino w'iteramakofe bashyizwe igorora mu mpera z'icyumweru gishize

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages