Mu 2023 ni bwo Rwanda Open yari isanzwe ibera mu Rwanda buri mwaka, ikitabirwa n’Abanyarwanda n’abandi bakinnyi bavuye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yazamuwe ku rundi rwego itangira kwitabirwa n’ababigize umwuga.
Ku nshuro yaryo ya kane, iri rushanwa rigiye kuba riri ku ngengabihe ya ITF Word Tennis Tour “Futures”, ku rwego rwa gatatu rw’amarushanwa akomeye ku Isi, aho rizatanga amanota ku rutonde rwa ATP.
Amafaranga azahembwa ni ibihumbi 30$ buri cyumweru [rizakinwa ibyumweru bibiri]. Uretse amafaranga, umukinnyi uzegukana iri rushanwa azabona n’amanota 25.
Mu bakinnyi 32 bazakina irushanwa, harimo 10 bari muri 650 ba mbere ku Isi, bose bazahita binjira muri tombola.
Umuholandi Max Houkes wa 240 ku rutonde rwa ATP, Umufaransa Bax Florent wa 303 n’Umufaransa Calvin Hemery wa 328, ni bamwe mu bahagaze neza bitezwe i Kigali guhera mu mpera z’uku kwezi.
Hari kandi Umufaransa Corentin Denolly wa 440 ku Isi, Umunya-Algeria Toufik Sahtali wa 553, Umunya-Afurika y’Epfo Alec Beckley wa 566 n’Umunya-Israel Yshai Oliel wa 589.
Abandi ni Umuhinde S D Prajwal Dev wa 617, Umudage Marlon Vankan wa 618 n’Umunya-Argentine Ignacio Monzon uri ku mwanya wa 631 ku Isi.
Umufaransa Corentin Denolly azaba ari mu bahabwa amahirwe nyuma yo gukina umukino wa nyuma w’iri rushanwa inshuro enye, akaritwaramo inshuro eshatu.
Ni ko bimeze kandi ku Muholandi Max Houkes, wegukanye icyumweru cya kabiri cya “Rwanda Open M25” ya 2025 nyuma yo kugorwa no kwitwara neza kuva mu 2024.
Biteganyijwe ko mu bakinnyi 32 bazinjira muri ‘Main draw’ hazaba harimo babiri bazahabwa ubutumire ndetse abafite amahirwe yo kubuhabwa ni Abanyarwanda Ishimwe Claude na Niyigena Étienne bahagaze neza kurusha abandi ubu mu Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!