00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakinnyi 10 bakomeye bitezwe muri ‘Rwanda Open M25’

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 1 October 2025 saa 01:25
Yasuwe :

Abakinnyi 32 babigize umwuga barimo n’abakinnye mu marushanwa akomeye ya Tennis ku Isi, bitezwe mu Irushanwa Mpuzamahanga “Rwanda Open M25” rizabera ku bibuga bya IPRC Kigali kuva tariki ya 6 kugeza ku ya 19 Ukwakira 2025.

Mu 2023 ni bwo Rwanda Open yari isanzwe ibera mu Rwanda buri mwaka, ikitabirwa n’Abanyarwanda n’abandi bakinnyi bavuye mu Karere, yazamuwe ku rundi rwego itangira kwitabirwa n’ababigize umwuga.

Ku nshuro yaryo ya gatatu, iri rushanwa rigiye kuba riri ku ngengabihe ya ITF Word Tennis Tour “Futures”, ku rwego rwa gatatu rw’amarushanwa akomeye ku Isi, aho rizatanga amanota ku rutonde rwa ATP.

Amafaranga azahembwa ni ibihumbi 30$ buri cyumweru [rizakinwa ibyumweru bibiri]. Uretse amafaranga, umukinnyi uzegukana iri rushanwa azabona n’amanota 25.

Mu bakinnyi 32 bazakina irushanwa, harimo 10 bari muri 800 ba mbere ku Isi, bose bazahita binjira muri tombola.

Umuholandi Max Houkes wa 294 ku rutonde rwa ATP, Umufaransa Bax Florent wa 305 n’Umufaransa Corentin Denolly wa 320, ni bamwe mu bahagaze neza bitezwe i Kigali mu byumweru bibiri biri imbere.

Hari kandi Umunya-Autriche Neuchrist Maximilian wa 385 ku Isi, Umuhinde Singh Karan wa 410, Umunya-Canada Tudorica Alvin Nicholas wa 484 n’Umusuwisi Damien Wenger wa 577.

Abandi ni Umufaransa Beauge Maxence wa 585, Raynel Amaury wa 747 n’Umunya-Maroc, Dlimi Yassine, we uri ku mwanya wa 780 ku Isi.

Umufaransa Corentin Denolly azaba ari mu bahabwa amahirwe nyuma yo gukina umukino wa nyuma w’iri rushanwa inshuro eshatu, akaritwaramo inshuro ebyiri.

Ni ko bimeze kandi ku Munya-Autriche Maximilian Neuchrist, wegukanye icyumweru cya kabiri cya “Rwanda Open M25” ya 2024 nyuma yo gutsinda Denolly.

Irindi zina rizagarukwaho muri ibi byumweru bibiri ni Umusiwisi Damien Wenger wegukanye icyumweru cy’iri rushanwa mu 2023.

Umuholandi Max Houkes ni we uzaba uhagaze neza kurusha abandi bose bazitabira irushanwa ry'uyu mwaka
Maximilian Neuchrist na Corentin Denolly bazitabira "Rwanda Open M25" bigeze kwegukana
Umufaransa Florent Bax agiye kongera gukina iri rushanwa ribera i Kigali
Umuhinde Karan Singh ari mu bakinnyi bahagaze neza mu irushanwa
Damien Wenger ntajya asiba amarushanwa ya Rwanda Open M25

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages