00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwatsinzwe umukino wa mbere wa ’Davis Cup 2024’

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 20 June 2024 saa 08:32
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu y’Abagabo mu mukino wa Tennis ntiyahiriwe n’intangiriro z’imikino y’Itsinda rya Kane rya Davis Cup 2024 muri Afurika aho yatsinzwe n’iy’u Burundi imikino 3-0.

Iri rushanwa rizamara iminsi ine tariki ya 19-22 Kamena, riri kubera kuri Academia de Tenis Kikuxo i Luanda muri Angola.

U Rwanda ruri mu Itsinda B hamwe na Kenya, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi. Ibindi bihugu byitabiriye ni Algérie, Sénégal, Cameroun na Angola iri mu rugo.

Ikipe y’Igihugu itozwa na Habiyambere Dieudonné, ntiyahiriwe n’umukino wayo wa mbere wabaye ku wa Gatatu kuko yatsinzwe buri mukino yakinnye haba mu bakina ari umwe no mu bakina ari babiri.

Mu mukino wa mbere, Hakizumwami Junior yatsinzwe na Allan Gatoto 6-0, 6-0 naho Niyigena Étienne atsindwa na Iradukunda Guy Orly 6-0, 6-1 mu mukino wa kabiri.

Umukino wa gatatu wakinwe n’abakinnyi babiri kuri buri ruhande, na wo warangiye Habiyambere Ernest na Muhire Joshua batsinzwe na Gatoto Allan na Ndayishimiye Hassan 6-2, 6-2.

Ikipe y’u Rwanda irashakira intsinzi ya mbere mu mukino wa kabiri ihuramo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Kane.

Davis Cup yitabirwa n’amakipe y’igihugu y’abagabo muri Tennis, ikinwa buri gihugu gihura n’ikindi, amakipe abiri ya mbere mu itsinda agakina kamarampaka zo kuzamuka mu itsinda ryisumbuye naho abiri ya nyuma akishakamo amanuka.

Amakipe abiri azagera ku mukino wa nyuma azazamuka mu Itsinda rya Gatatu muri Afurika mu 2025, naho abiri ya nyuma azamanuka mu Itsinda rya Gatanu.

Irushanwa nk’iri ryakiriwe n’u Rwanda mu nshuro ebyiri ziheruka.

U Rwanda ntirwahiriwe n'intangiriro za Davis Cup 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages