Ku munsi wa nyuma wa Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Bwongereza, ikipe ya Manchester City niyo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda bigoranye ikipe ya Queens Park Rangers 3-2.
Nyuma y’imyaka 44 ikipe ya Manchester City idakoza intoki ku gikombe cy’umupira w’amaguru mu gihugu cy’u Bwongereza, ubu ibyishimo ni byose mu mujyi unakomokamo mukeba wayo ukomeye Manchester United.
Ibitego bya Man City byatsinzwe na Zabaleta (39’), Dzeko (92’) na Aguero (93’). Naho ibya Queens Park Rangers bitsindwa na Cissé (48’) ndetse na Mackie (66’).
Nk’uko bimenyerewe ko muri iyi shampiyona igera ku mukino wa nyuma ntawe uramenya ikipe izatwara igikombe, ni nako ubu byari bimeze kuko Man City irangije itwaye igikombe irusha Man U umubare w’ibitego byinshi gusa kuko banganya bose amanota 89.
Mu gihe mu mujyi wa Manchester hari ibirori, ikipe za Bolton, Blackburn na Wolves zo zarangije kwerekeza mu cyiciro cya kabiri cyo muri iki gihugu.
Man City ubu imaze kugira ibikombe bitatu birimo ibyo yatwaye mu 1937 ndetse n’1968 byiyongeraho icyo itwaye ubu mu 2012.
Uko indi mikino yagenze
Chelsea 2-1 Blackburn Rovers
Everton 3-1 Newcastle
Norwich City 2-0 Astonvilla
Stoke City 2-2 Bolton
Sunderland 0-1 Manchester United
Swansea 1-0 Liverpool
Tottenham 2-0 Fulham
West Bromwich 2-3 Arsenal
Wigan Athletic 3-2 Wolverhampton
Foto/Internet


















TANGA IGITEKEREZO