00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

CECAFA Kagame Cup: APR FC yatsinzwe na Yanga ariko ikomeza muri 1/4

Yanditswe na

Jean Bosco Mutibagirana

Kuya 20 July 2012 saa 07:16
Yasuwe :

Ikipe ihagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame CUP 2012, APR FC yatsinzwe umukino wa nyuma w’amatsinda na Yanga Africa ibitego 2 ku busa bivugwa ko APR yerekanye umukino uteri usamaje. Aya makipe yombi akaba yaramaze kubona itike yo gukomeza muri 1/4.
Uyu mukino wari utegerejwe cyane n’abafana ba Yanga Africa ikinira imbere y’abafana bayo aho ishaka kubagarurira ikizere nyuma yo gutsindwa umukino ubanza na Atletico y’i Burundi ibitego 2 ku busa.
Ikipe ya APR FC yasabwaga gutsinda uyu (…)

Ikipe ihagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame CUP 2012, APR FC yatsinzwe umukino wa nyuma w’amatsinda na Yanga Africa ibitego 2 ku busa bivugwa ko APR yerekanye umukino uteri usamaje. Aya makipe yombi akaba yaramaze kubona itike yo gukomeza muri 1/4.

Uyu mukino wari utegerejwe cyane n’abafana ba Yanga Africa ikinira imbere y’abafana bayo aho ishaka kubagarurira ikizere nyuma yo gutsindwa umukino ubanza na Atletico y’i Burundi ibitego 2 ku busa.

Ikipe ya APR FC yasabwaga gutsinda uyu mukino kugira ngo ibone umwanya wa mbere muri iri tsinda, bityo izakine n’ikipe idakomeye muri 1/4.

Kugeza ubu Atletico niyo ya mbere n’amanota 7 mu itsinda rya gatatu nyuma yo gutsinda Wau Salaam ibitego 5-0 ku munsi w’ejo.

Undi mukino utegerejwe uyu munsi urahuza URA y’I Bugande na Ports yo muri Djibouti mu itsinda rya mbere.

Tubibutse ko mu itsinda rya mbere n’irya gatatu hazakomeza amakipe atatu. Mu itsinda APR FC iherereyemo Wau Salaam niyo yasezerewe hakomeza APR FC, Atletico na Yanga Africa n’ubwo imikino itararangira.

Abafana ba Simba batutse ikipe ya APR bavuga ko ntacyo bibamariye ndetse bakavuga ko imikino ya CECAFA idakwiye kongera gukinirwa muri Tanzania.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages