Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 15 Gicurasi 2026, ni bwo habaye umuhango wo gushyira umukono ku masezerano y’uyu mushinga, witabiriye na Perezida wa Yanga SC, Hersi Said, n’Umuyobozi Mukuru wa GSM Group, Ghalib Said Mohamed.
Hersi Said yavuze ko ari umushinga umaze igihe kinini utekerezwaho, uzihuta mu kuwushyira mu bikorwa, ndetse uzaba uriho uruhare runini rw’abakunzi ba Yanga SC.
Ati “Twaraganiriye bihagije njye na Ghalib, twashatse ko GSM iwugiraho uruhare rw 80% cyangwa Yanga SC igasigarana 20%, tugera aho tuvuga ko Yanga SC yagira 49% hanyuma 51% ikaba iya GSM kuko ari iyo izatanga amafaranga menshi mu kuyubaka, ariko twemeje ko ari 50% kuri 50%.”
“Inyungu rero zizaturuka kuri uyu mushinga tuzazigabana twembi, dore ko uyu ari umwe mu mishinga ituma ikipe yacu irushaho gukomera ku ruhando mpuzamahanga.”
Stade ya Yanga SC izubakwa ahazwi nka ‘Jangwani’, izaba ifite ubushobozi bwo kwakira abafana bari hagati y’ibihumbi 25 n’ibihumbi 35, izaba isakaye mu bice byayo byose.
Izaba ifite imyanya yahariwe kujyamo amaduka atandukanye, ahacururizwa imyambaro y’ikipe, ivuriro, Gym n’imyanya y’icyubahiro kandi yubatse mu buryo bugezweho kandi bufasha abanyacyubahiro gukurikira imikino bisanzuye.
Mu kuyubaka hazakurikizwa amategeko n’amabwiriza agenga ibibuga y’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), ndetse n’amategeko y’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF).
Izaba irimo ikoranabuhanga ry’amashusho ya VAR, ndetse ikibuga cyayo kizaba gifite ubwatsi bw’ubukorano buvanze n’ubwatsi busanzwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!