Ibi ni bimwe mu byo yatangarije mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE nyuma yo gutangira imyitozo igaragaza urwego rwe, dore ko yavuye mu Rwanda ari umwe mu bafasha cyane Urucaca.
Ati “Nasanze ari igihugu cyiza ariko kiri mu bihe by’ubukonje bukabije. Baturusha kubahiriza amasaha, ibintu byose babikora ku gihe, mbese kubahiriza isaha babyitaho cyane, gusa imirire ni yo yabanje kungora ariko na yo naje kuyimenyera. Bikugoramo gake ariko uhita wihuza n’aho uri, kuko uba ukeneye akazi nta mikino uzana.”
Niyo yashimye urwego rw’ikipe ari gukinamo, agahamya ko aramutse atsinze igeragezwa yaba abonye “amahirwe akomeye”.
Uyu mukinnyi w’imyaka 19 avuga ko ari we wenyine uri mu igeragezwa muri iyi kipe irimo umwirabura umwe gusa, gusa akaba afite icyizere cyinshi ko azaritsinda nubwo imyitozo imwe n’imwe ikizamo inzitizi kubera ko bakoresha ururimi rw’iwabo cyane.
Irindi tandukaniro uyu mukinnyi yabonye muri iki gihugu, ni amikoro ku makipe, aho avuga ko Shampiyona y’u Rwanda igifite urugendo rurerure kuko “irimo abakinnyi badahemberwa igihe cyangwa ikipe zigihemba ibihumbi 300 Frw ku kwezi.”
Niyo wari umaze iminsi muri Kiyovu Sport akinishwa kuri numero 10, yageze muri NK Veres Rivne akinishwa mu kibuga hagati yaba gufasha ba myugariro cyangwa gufasha ba rutahizamu, ari na wo mwanya yiyumvamo.
Igerageza arimo rizarangira tariki 11 Gashyantare 2026, aho iyi kipe iramutse imushimye yamuha amasezerano.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!