Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 15 Kamena 2026, ni bwo Ikipe y’Igihugu ya Tunisia yakinnye umukino wayo wa mbere mu Itsinda F, yahuriyemo na Suède.
Ni umukino utayigendekeye neza kuko iyi kipe iri muri zihagarariye Afurika yanyagiwe ibitego 5-1, biyishyira ku mwanya wa nyuma muri iri tsinda ihuriyemo n’u Buyapani n’u Buholandi.
Uyu musaruro ntabwo wihanganiwe n’ubuyobozi bw’umupira w’amaguru muri Tunisia, kuko bwahise bufata umwanzuro wo kumusezerera, inshingano zigahabwa Mondher Kebaier by’agateganyo. Uyu ni we uzatoza imikino ibiri isigaye kugira ngo iy’amatsinda irangire.
Uyu mutoza yatangiye gushidikanywaho ubwo yakinaga umukino wa gicuti wo kwitegura iri rushanwa, ariko na bwo akanyagirwa n’u Bubiligi ibitego 5-0.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!