Kuri iki Cyumweru, tariki ya 21 Kamena 2026 nibwo Iran yageze mu Mujyi wa Los Angeles, aho igomba gukina n’u Bubiligi umukino wa kabiri mu Itsinda G ry’Igikombe cy’Isi uteganyijwe saa Tatu z’Ijoro.
Iyi kipe iri kuba mu Mujyi wa Tijuana muri Mexique, yanze kuba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuko hari abayobozi n’abandi bakozi bayiherekeje bangiwe kwinjira muri Amerika.
Nubwo byagenze bityo, Umutoza Mukuru wa Iran, Amir Ghalenoei, yasabye ko abakinnyi bajya bagira umwanya uhagije wo kuruhuka, yaba mbere y’umukino na nyuma y’umukino mbere y’uko bakora izindi ngendo.
Andrew Giuliani uyoboye itsinda ryo muri White House rishinzwe imigendekere y’Igikombe cy’Isi cya 2026, yaganiriye na Reuters avuga ko mu gihe hakiri ibiganiro byo kunoza ingendo z’Ikipe y’Igihugu ya Iran, hagomba gukurikizwa umwanzuro wa mbere.
Ati “Ibihe birahinduka cyane, hari ibyo tukiri kunoza muri aka kanya. Ejo nibamara gukina bagomba kuba bafashe indege ibasubiza Tijuana bitarenze iminota 27.”
“Tuzareba uko bizagenda mu mukino ukurikiraho, ubwo bazaba bakina uwa gatatu mu Mujyi wa Seattle. Nkeka ko kandi gusubira Tijuana byoroshye kuba baba bari kuba mu Mujyi wa Tucson (Arizona). Harimo ikinyuranyo kiri hafi isaha imwe.”
Nubwo hakiri ibiganiro by’uko ingendo zakoroshywa kuri Iran, yatangiye gutunganya ikirego, ishinja Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA) kuyifata nabi mu GIkombe cy’Isi.
Umutoza wayo kandi yageze muri Amerika, ahita avuga ko abatoza bagenzi be batamubaniye muri iri rushanwa, kuko bagakwiriye kuba baragaragaje imvune ziva mu buryo ari gufatwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!