00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

#WC2026: Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza yacucuriwe muri Amerika

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 13 June 2026 saa 09:41
Yasuwe :

Mu gihe Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza iri mu myitegura imikino y’Igikombe cy’Isi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abantu bataramenyekana binjiye mu modoka yayo batwara ibikoresho birimo inkweto z’abakinnyi.

Ku wa Gatanu, tariki ya 13 Kamena 2026, ni bwo Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza yavuye mu Mujyi wa Florida aho yari isanzwe yitoreza, yerekeza mu Mujyi wa Kansas City.

Nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru Daily Mail mbere y’uko abakinnyi bagera aho bagombaga gukorera imyitozo yo kuri uyu wa Gatandatu, kuri Swope Soccer Village, abantu bataramenyekana bigabije imodoka irimo ibikoresho barabyiba.

Ibikoresho byibwe birimo inkweto zose z’abakinnyi ndetse n’imipira yo gukina, babasigira umwe gusa baba bari kwifashisha.

Ishami rya Polisi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika rikorera muri Kansas ryagize riti “Turi gukora iperereza ngo hamenyekane amakuru ahagije ku bujura bwakorewe imodoka yari itwaye ibikoresho yari yageze Kansas.”

U Bwongereza butozwa na Thomas Tuchel buzakina umukino wa mbere, ku w Gatatu, tariki ya 17 Kamena bukina na Croatia, mbere yo guhura na Ghana na Panama bisangiye Itsinda L.

Abakinnyi b'u Bwongereza bibwe ibikoresho bifashishaga mu myitozo y'Igikombe cy'Isi
Ikipe y'Igihugu y'u Bwongereza iri mu zikomeye mu Gikombe cy'Isi cya 2026

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages