Ni irushanwa rigiye gukinwa ku nshuro ya mbere ririmo amakipe 48, ari no ku nshuro ya mbere kandi rigiye gukinirwa mu bihugu bitatu bitandukanye, kuva ryatangira gukinwa mu 1930.
Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku makuru arambuye wamenya ku makipe ari mu Itsinda B, ari na ryo rya kabiri ritarimo ikipe n’imwe yarenze muri 1/4. Iri ririmo Canada izakira irushanwa, U Busuwisi, Qatar na Bosnie-Herzégovine.
Bosnie-Herzégovine
Ikipe y’Igihugu ya Bosnie-Herzégovine ‘The Dragons’ ni ku nshuro ya kabiri igiye kwitabira Igikombe cy’Isi, nyuma yo kukijyamo bwa mbere mu 2014 ubwo cyaberaga muri Brésil.
Iyi kipe iri ku mwanya wa 65 ku rutonde rw’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), ntabwo yigeze irenga amatsinda, ubwo iheruka gukina iri rushanwa.
Rutahizamu w’Umunya-Bosnie-Herzégovine, Edin Džeko, ni umwe mu bo izaba igenderaho mu Gikombe cy’Isi, dore ko ari we mukinnyi umaze kuyihamagarwamo inshuro nyinshi zigera ku 148, akaba n’uwayitsindiye ibitego byinshi 73.
Uyu mukinnyi w’imyaka 40 muri icyo gihugu bita ‘Diamant’ yabo, azaba ari mu bakinnyi bakuze muri iri rushanwa rihuza ibihugu bikomeye muri ruhago.
Imikino yayo izahera kuri Canada ku itariki ya 12 Kamena, ikurikizeho u Busuwisi ku itariki ya 18 Kamena, mbere yo guhura na Qatar ku itariki ya 24 Kamena 2026.
Canada
Ikipe y’Igihugu ya Canada ‘Les Rouges’, ni imwe mu makipe azaba ari gukinira Igikombe cy’Isi imbere y’abafana bayo, nyuma yo kwandika amateka yo kucyakira ifatanyije na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Mexique.
Iyi kipe igiye gukina iri rushanwa ku nshuro ya gatatu, nyuma yo mu 1986 no mu 2022 ubwo ryaberaga muri Qatar. Muri izo nshuro zose ntabwo irarenga amatsinda, itegerejwe kubigeraho ifatanyije n’Umutoza wayo Jesse Marsch.
Canada iri ku mwanya wa 30 ku rutonde rwa FIFA, izafatanya kandi n’abakinnyi bakomeye barimo Alphonso Davies ukinira Bayern Munich nubwo ari gukira imvune.
Mu mikino itandatu imaze gukina mu Gikombe cy’Isi, ntabwo Canada iratsinda cyangwa ngo inganye umukino n’umwe, ahubwo itandatu yose yarayitsinzwe. Yinjije ibitego bibiri yinjizwa 12.
Imikino yayo izahera kuri Bosnie-Herzégovine ku itariki ya 12 Kamena, ikurikizeho Qatar ku itariki ya 18 Kamena, mbere yo guhura n’u Busuwisi ku itariki ya 24 Kamena 2026.
U Busuwisi
Ikipe y’Igihugu y’u Busuwisi ‘Schweizer Nati’ ni yo kipe ikomeye mu Itsinda B ry’Igikombe cy’Isi cya 2026, dore ko ari yo kipe igiye kucyitabira ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya.
Iyi kipe iri ku mwanya wa 19 ku rutonde rwa FIFA, igiye kujya mu Gikombe cy’Isi cya 13 nyuma yo kukijyamo bwa mbere mu 1934. Kure yageze ni muri ¼, aho hari mu 1934, 1938 no mu 1954.
Ubwo iheruka muri iri rushanwa mu 2022, yagarukiye muri ⅛ nyuma yo gusezererwa na Portugal.
Umutoza Murat Yakin yamaze guhamagara abakinnyi azifashisha. Abo barimo myugariro wa Inter Miami, Manuel Akanji, Granit Xhaka wa Sunderland, ari na we mukinnyi umaze guhamagarwa inshuro nyinshi muri iyi kipe yahamagawe inshuro 144.
Mu mateka yayo mu Gikombe cy’Isi imaze gukina imikino 41, aho yatsinze 14, umunani irayinganya, indi 19 irayitsindwa. Yinjijwe ibitego 55, yinjizwa 73.
Muri uyu mwaka imikino yayo izahera kuri Qatar ku itariki ya 13 Kamena, ikurikizeho Bosnie-Herzégovine ku itariki ya 18 Kamena, mbere yo guhura na Canada ku itariki ya 24 Kamena 2026.
Qatar
Ikipe y’Igihugu ya Qatar ‘The Maroon One’ ni imwe mu makipe adafite amateka ahambaye muri Itsinda B ry’Igikombe cy’Isi cya 2026, dore ko ari inshuro ya kabiri yitabiriye nyuma yo mu 2022 ubwo cyaberaga iwayo.
Iyi kipe iri ku mwanya wa 55 ku rutonde rwa FIFA, kuva yagera muri iri rushanwa ntiratsinda cyangwa ngo inganye umukino n’umwe, ahubwo itatu yose yarayitsinzwe kandi yaninjije igitego kimwe mu gihe yatsinzwe birindwi.
Umutoza wayo Julen Lopetegui yitezweho kuyikuraho igisuzuguroro, akayihesha intsinzi mu makipe akomeye biri kumwe, yifashishije abakinnyi be beza nka rutahizamu Mohammed Muntari.
Imikino yayo izahera ku Busuwisi ku itariki ya 13 Kamena, ikurikizeho Canada ku itariki ya 18 Kamena, mbere yo guhura na Bosnie-Herzégovine ku itariki ya 24 Kamena 2026.
Ibibuga bitatu ni byo bizaberaho imikino yo muri iri tsinda. Ibyo ni BMO Field, BC Place byo muri Canada, hamwe na Levi’s Stadium na SoFi Stadium byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!