Ku wa Kane, tariki ya 11 Kamena 2026, ni bwo muri Mexique hatangiye kubera irushanwa Igikombe cy’Isi cya 2026, izafatanya kwakira na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada.
Umukino wabimburiye indi wasize Afurika y’Epfo itsinzwe na Mexique ibitego 2-0, ndetse babiri mu bakinnyi bayo bahabwa amakarita atukuru. Abo ni Themba Zwane na Yaya Sithole n’indi yahawe Mexique ya Cesar Montes wa Mexique.
Mbere y’umukino, abakunzi b’umupira w’amaguru bakomoka muri Afurika bari muri Mexique, bagaragaje ko badashobora gushyigikira Afurika y’Epfo, bayishinja kuba igihuhu kitemera gushyira hamwe kw’Abanyafurika.
Ntibyarangiriye aho ahubwo n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bagaragaje kwishimira bidasanzwe ko iki gihugu cyatsinzwe, bagikina ku mubyimba ndetse banagiha inkwenene.
Aba basubizanyaga n’abo muri Afurika y’Epfo bavugaga ko uwifuza kujya mu gihugu cyabo agomba kuba afite ibyangombwa byuzuye.
Bamwe mu badashyigikiye Bafana Bafana yagize ati “Nidufana Afurika y’Epfo iragira ngo turi kuyitwarira akazi.”
Itsinda ry’abafana baturuka muri Nigeria, ryagize riti “Turi Abanya-Nigeria, ariko uyu munsi turi inyuma ya Mexique.”
Umunyamakuru ukomeye wo muri Zimbabwe, Hopewell Chin’ono, yanditse ubutumwa burebure kuri X, avuga ko “bidakwiriye ko bashyigikira ikipe yo muri Amerika y’Amajypfo hari iyo muri Afurika, kuko bisa no gukosoza amakosa ayandi.”
Undi yagize ati “Afurika y’Epfo ntabwo iri gukina ahubwo iri kurwana. Menya ishobora kuba izi ko iri kurwanya Abanya-Mexique wenda na bo bagiye kubatwarira akazi.”
Umunyabigwi mu mupira w’amaguru ukomoka muri Nigeria, Jay-Jay Okocha, yabajijwe n’umunyamakuru Jamie Carragher ikipe ashyigikiye muri Afurika, ntiyashyiramo Afurika y’Epfo.
Ati “Nshyigikiye Ghana, Cap-Vert, RDC na Tunisia. Ntabwo Afurika y’Epfo yatsinzwe kuko itazi gukina, ahubwo bananiwe kwiyakira ngo bahuze imikinire. Mu Gikombe cy’Isi usabwa ikinyabupfura, ugahora witeguye. Nubwo ikibuga ari gito ariko ibihano ni binini.”
“Amakipe akomeye ntabwo akinisha abo bahanganye. Nkeka ko hari amakipe akwiriye gusubira iwabo akajya kurinda akazi kabo. Bakeneye kwisubiraho niba bashaka kubaho muri rushanwa.”
Afurika y’Epfo igeze habi kubera urwango rufitiwe abimukira rukomeje gufata indi ntera, ku buryo bamwe batagihabwa serivisi zigenewe abenegihugu nko kwivuza n’ibindi.
Ibyo kandi ntibikireba ufite ibyangombwa byo kuhaba cyangwa utabifite, dore hari n’amatsinda y’abaturage yishyize hamwe akajya avuga ku mugaragaro ko umwimukira wese agomba gusubira iyo yaturutse akava mu gihugucyabo.
Urugomo rukomeye rugaragara mu ntara ya KwaZulu-Natal na Gauteng, aho abimukira baturutse Ghana, Nigeria n’ibindi bihugu bya Afurika bameneshwa n’Abanyafurika bagenzi babo, bagatwikirwa amaduka, bagakubitwa, abandi bakicwa ku manywa y’ihangu, kandi ntihagire n’umwe ubiryozwa.
Please help me understand something.
I still do not understand why Africans should mobilise themselves to support a South American team over an African team, South Africa. The fact that there have been xenophobic and Afrophobic attacks in South Africa by a minority of South… pic.twitter.com/qS2c4L8VCl
— Hopewell Chin’ono (@daddyhope) June 12, 2026
🇳🇬🇲🇽We’re Nigerians, but today we are Mexicans.
— As group of Nigerians gathered in Mexico City to support Mexico against South Africa. pic.twitter.com/f7VmPrNJ3C
— we love ghana (@weloveghana042) June 11, 2026
🚨 J J Okocha on South Africa’s opening World Cup defeat:
“The most frustrating thing for me is that South Africa didn’t lose because they lacked quality. They lost because they lost control of themselves.
At the World Cup, you have to be disciplined. You have to stay switched… pic.twitter.com/A7rzPplgot
— Alpha. (@Alph__Utd) June 12, 2026



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!