00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

#WC 2026: Itsinda F ririmo u Buholandi buzirana n’umukino wa nyuma

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 8 June 2026 saa 05:37
Yasuwe :

Mu gihe habura iminsi itatu ngo Igikombe cy’Isi gitangire, ibihugu bikomeye muri ruhago birimbanyije imyiteguro yo guhatanira iri rushanwa rigiye gukinwa ku nshuro ya 23.

Ni Igikombe cy’Isi kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada, kuva tariki ya 11 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga 2026.

Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku byo wamenya ku makipe ari mu Itsinda F, ari na ryo rya gatandatu. Iri ririmo u Buholandi, u Buyapani, Suède na Tunisia.

U Buholandi

Ikipe y’Igihugu y’u Buholandi ‘The Dutch Eleven’, igiye kwitabira Igikombe cy’Isi ku nshuro ya 12 mu mateka yayo kuva mu 1934, naho kuva mu 2006 yabuze itike mu 2018 ubwo cyaberaga mu Burusiya.

Ubwo iheruka muri iri rushanwa mu 2022 yagarukiye muri ¼. Kuva yabaho ntabwo iregukana Igikombe cy’Isi, nubwo imaze gukina umukino wa nyuma inshuro eshatu. Aho ni mu 1974, 1978 no mu 2010.

The Dutch Eleven iri ku mwanya wa munani ku rutonde rw’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), itozwa na Ronald Koeman wafashe inshingano kuva mu 2023.

Mu bakinnyi yahisemo gukoresha kandi bakomye, bayobowe na Nathan Aké wa Manchester City, Jurriën Timber wa Arsenal, Virgil van Dijk na Cody Gakpo ba Liverpool, Frenkie de Jong wa FC Barcelona, Memphis Depay wa Corinthians, Denzel Dumfries wa Inter Milan n’abandi.

Iyi kipe imaze gukina imikino 55 mu Gikombe cy’Isi. Aha harimo 30 yatsinze, 14 yanganyije na 11 yatsinzwe. Yinjije ibitego 96, naho yo yinjizwa 52.

Ikipe y’Igihugu y’u Buholandi ‘The Dutch Eleven’, igiye kwitabira Igikombe cy’Isi ku nshuro ya 12
Ikipe y'Igihugu y'u Buholandi yahamagaye abakinnyi bayo bose bakomeye

Suède

Ikipe y’Igihugu ya Suède ‘The Blue and Yellow’, igiye kwitabira Igikombe cy’Isi ku nshuro ya 13, ikaba itaritabiriye irushanwa riheruka ryabereye muri Qatar kuko yabuze itike.

Kuva yatangira gukina iri rushanwa nta na rimwe iraritwara, gusa mu 1958 ubwo yaryakiraga yageze ku mukino wa nyuma, ariko inyagirwa na Brésil ibitego 5-2. Ubwo iriherukamo mu 2018 yagarukiye muri ¼.

The Blue and Yellow iri ku mwanya wa 38 ku rutonde rw’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), ni imwe mu makipe ahanzwe amaso muri iri rushanwa ifatanyije n’Umutoza Mukuru wayo, Graham Potter.

Muri bakinnyi yahisemo bazamufasha kwandika amateka, harimo Victor Lindelöf wa Aston Villa, Anthony Elanga wa Newcastle United, Viktor Gyökeres wa Arsenal, Alexander Isak wa Liverpool, Daniel Svensson wa Borussia Dortmund n’abandi.

Mu mikino 51 yakinnye mu Gikombe cy’Isi yatsinzemo 19, inganya 13, indi 19 irayitsindwa. Yinjije ibitego 80 yinjizwa 73.

Abakinnyi Suède yaserukanye mu Gikombe cy'Isi
Abakinnyi Suède izifashisha mu Gikombe cy'Isi

U Buyapani

Ikipe y’Igihugu ya u Buyapani ‘Samurai Blue’, igiye kwitabira Igikombe cy’Isi ku nshuro ya munani yikurikiranya kuva mu 1998, ari na bwo bwa mbere yaryitabiraga.

Ubwo u Buyapani buheruka muri iri rushanwa mu 2022 ubwo ryari ryabereye muri Qatar, bwaviriyemo muri ⅛, ndetse iki cyiciro bukaba bumaze kukigarukiramo inshuro enye ariko butarakirenga.

Samurai Blue iri ku mwanya wa 18 ku rutonde rw’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), itozwa n’umwenegihugu, Hajime Moriyasu, ufite iyi kipe kuva mu 2018.

Mu bakinnyi yahisemo gukoresha harimo myugariro Yuto Nagatomo w’imyaka 39, ugiye gukina Igikombe cy’Isi ku nshuro ya kane, muri uyu mwaka akazaba ari umwe mu bakuze bari gukina iri rushanwa.

Abandi bazifashishwa ni Hiroki Ito wa Bayern Munich, Wataru Endo wa Liverpool, Daichi Kamada wa Crystal Palace, Ao Tanaka wa Leeds United, Takefusa Kubo wa Real Sociedad n’abandi.

Mu mikino 25 iyi kipe imaze gukina mu Gikombe cy’Isi, yatsinzemo irindwi, inganya itandatu, mu gihe indi 12 yayitsinzwe. Yinjijwe ibitego 33 na yo yinjiza 25.

Ikipe y’Igihugu y'u Buyapani iheruka kugarukira muri 1/8 cy'Igikombe cy'Isi
Ikipe y'Igihugu y'u Buyapani yahamagaye abakinnyi barimo Yuto Nagatomo w'imyaka 39

Tunisia

Ikipe y’Igihugu ya Tunisia ‘Les Aigles de Carthage’, igiye kwitabira Igikombe cy’Isi ku nshuro ya karindwi, ikaba inshuro ya gatatu yikurikiranya ibona itike yo kugikina.

Kuva yatangira gukina iri rushanwa mu 1978 nta na rimwe irarenga amatsinda, ari na ko kazi gakomeye gafitwe n’Umutoza Mukuru wayo, Sabri Lamouchi, wahawe akazi muri iyi kipe muri Mutarama 2026.

Les Aigles de Carthage’ iri ku mwanya wa 46 ku rutonde rw’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), ni imwe mu makipe ahagarariye Afurika muri iri rushanwa rikomeye.

Mu bakinnyi izifashisha barimo Ellyes Skhiri wa Eintracht Frankfurt, Hannibal Mejbri wa Burnley, Anis Ben Slimane wa Norwich City, Elias Achouri wa Copenhagen, Ismaël Gharbi wa Augsburg, Khalil Ayari wa Paris Saint-Germain, Montassar Talbi wa Lorient, Ali Abdi wa Nice n’abandi.

Mu mikino 18 yakinnye mu Gikombe cy’Isi yatsinzemo itatu, inganya itanu, indi 10 irayitsindwa. Yinjije ibitego 14 yinjizwa 26.

Uko amakipe azahura:

14 Kamena

U Buholandi vs U Buyapani
Suède vs Tunisia

20 Kamena

U Buholandi vs Suède

21 Kamena

Tunisia vs U Buyapani

25 Kamena

U Buyapani vs Suède
Tunisia vs U Buholandi

Tunisia iri mu makipe ahagarariye Afurika mu Gikombe cy'Isi
Abakinnyi bahamagawe mu Ikipe y'Igihugu ya Tunisia

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages