00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Vinícius Júnior yateye umugongo Arsenal, yongera amasezerano muri Real Madrid

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 7 August 2026 saa 08:39
Yasuwe :

Rutahizamu wa Real Madrid, Vinícius Júnior, wifuzwaga na Arsenal yo mu Bwongereza, yongereye amasezerano azamugeza mu 2032 ari umukinnyi w’iyi kipe yo muri Espagne.

Mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 6 Kanama 2026, ni bwo Real Madrid yamenyesheje abakunzi bayo ko yongereye amasezerano y’uyu mukinnyi washoboraga kuyivamo.

Ni nyuma y’uko Jose Angel Sanchez ushinzwe kureberera inyungu uyu mukinnyi ndetse na Juni Calafat ushinzwe kugura abakinnyi muri Real Madrid bagiranye ibiganiro byiza byabaye ku wa Gatatu.

Aba bombi bemeranyije ko uyu mukinnyi azajya ahabwa miliyoni 19 z’Amapawundi buri mwaka [37.530.186.000 Frw], mu gihe cy’imyaka itandatu iri imbere.

Arsenal yifuzaga kugura uyu mukinnyi akazayifasha guhera mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27, ariko ntibyakunda kuko Real Madrid na yo itifuzaga kumurekura ku buntu kuko yari mu mwaka we wa nyuma w’amasezerano ye.

Vinícius Júnior amaze imyaka umunani muri Real Madrid, ndetse ni umwe mu bafashije Ikipe y’Igihugu ya Brésil mu Gikombe cy’Isi cya 2026 giheruka kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada.

Imikino itanu yakinnye mbere y’uko Brésil isezererwa muri ⅛, yatsinzemo ibitego bine.

Mu mwaka w’imikino wa 2025/26, yatsindiye Real Madrid ibitego 22 mu marushanwa yose, muri rusange akaba amaze kuyikinira imikino 375, ayitsindira ibitego 128 ndetse anatanga imipira 100 yavuyemo ibindi.

Vinicius Junior yongereye amasezerano muri Real Madrid azamugeza mu 2032
Vinicius Junior ni umwe mu bakinnyi b'ingenzi Real Madrid igenderaho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages