00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Van Persie na Robben bafashije u Buholandi kwihimura kuri Espagne

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 13 June 2014 saa 11:32
Yasuwe :

Kapiteni w’u Buholande Robin Van Persie na Visi kapiteni we,Arjen Robben batsinze buri umwe ibitego 2 muri 5-1 batsinze Espagne bihimura ku ntsinzi y’igitego batsinzwe ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi mu 2010.
Iyi niyo ntsinzi ngari ibonetse muri iki gikombe kiri gukinwa ku nshuro ya 20 muri Brazil.
Espagne ifite iki gikombe yatwaye itsinze u Buholande igitego 1-0 mu 2010, yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 27 kuri penaliti na Xabi Alonso ku ikosa ryari rikorewe rutahizamu Diego (…)

Kapiteni w’u Buholande Robin Van Persie na Visi kapiteni we,Arjen Robben batsinze buri umwe ibitego 2 muri 5-1 batsinze Espagne bihimura ku ntsinzi y’igitego batsinzwe ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi mu 2010.

Iyi niyo ntsinzi ngari ibonetse muri iki gikombe kiri gukinwa ku nshuro ya 20 muri Brazil.

Espagne ifite iki gikombe yatwaye itsinze u Buholande igitego 1-0 mu 2010, yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 27 kuri penaliti na Xabi Alonso ku ikosa ryari rikorewe rutahizamu Diego Costa.

Penaliti yahawe Espagne ntiyavuzweho rumwe
Xabi Alonso yafunguye amazamu y'u Buholande kuri penaliti

Mbere yo kujya kuruhuka, ku munota wa 44 kapiteni w’u Buholande Robin Van Persie yagomboye ku mupira muremure yahawe na Blind aroba umunyezamu Iker Casillas n’umutwe.

Igice cya kabiri cyatangiye abasore ba Luis Van Gaal bakoresha imbaraga nyinshi zo kwihimura, ku munota wa 53 ku mupira yahawe muremure, Robben yasize ba myugariro ba Espagne, Gerald Pique na Sergio Ramos atsinda icya kabiri.

Diego Costa utagize byinshi yerekana yasimbuwe na Fernando Torres naho Pedro Rodriguez asimbura Xabi Alonso.

Nyuma y’iminota ibiri gusa Stefan de Vrij yatsinze igitego cya gatatu ku mupira yari aherejwe na Sneijder.

Espagne yashoboraga kugabanya ibitego iyo igitego cya David Silva yatsinze ku munota wa 67 kitangwa n’umusifuzi kuko yari yarayemo.

Mbere yo kujya kuruhuka, Van Persie yatsinze igitego gitangaje cyo kugombora

Van Persie yongeye kugerageza amahirwe, ishoti yateye rigarurwa neza n’amaguru ya Iker Casillas. Gusa uyu yaje gukora ikosa ku munota wa 72 nyuma yo guherezwa umupira akawamburwa n’uyu Muholande atsinda igitego cya kane.

David Silva yaje gusimburwa na Fabregas naho Van Persie asimburwa na Lens.

Rutahizamu wa Manchester United yateye amashoti ane, atatu yerekeza mu izamu mu gihe abiri yavuyemo ibitego.

Robben yaje gutsinda agashinguracumu ku munota wa 80.

Intsinzwi y’ikinyuranyo cy’ibitego bine niyo ngari itsinzwe ikipe ifite igikombe cy’Isi.

Espagne yaheruka gutsindwa ibitego 5 kuzamura mu 1963 mu mukino wa gicuti na na Ecosse ibitego 6-2 mu 1963.

Mu gikombe cy’Isi, intsinzwi ngari Espagne yagize ni bitego 6-1 na Brazil mu 1950.

Robin Van Persie yatsinze ibitego 10 mu mikino 9 aheruka gukinira u Buholande mu gihe Arjen Robben yatsinze 7 mu mikino 7.

Iyi ni intsinzwi ya kane ku mutoza wa Espagne Vicente Del Bosque kuva mu mpera za 2008 atangira gutoza iyi kipe.

Igitego cya Silva cyanzwe kuko yari yarayemo
Stefan de Vrij watsinze igitego cya gatatu

Nyuma y’umukino, uyu mutoza yirinze kugira umukinnyi we agerekaho amakosa, ashimira Abaholande uko bitwaye by’umwihariko mu gice cya kabiri.

Yagize ati “Ubu nta muntu natunga urutoki kuko twese turi abo kugawa. Icya ngombwa ni uko tureba imbere tugakora cyane ngo tuzatsinde umukino wa Chili.”

Ku mutoza wa Manchester United ubwo iyi mikino izaba irangiye, Louis Van Gaal utoza u Buholandi yavuze ko yiteguraga intsinzi ariko ibitego bitanu atigeze abitekerezaho.

Yagize ati “Dufite abakinnyi beza bataha izamu nka Van Persie, Robben na Sneijder bashobora guhindura umukino baba baguha igitego igihe icyo ari cyo cyose.”

Van Gaal yavuze ko bamaze ibyumweru 5 gusa biga imikinire mishya ya 3-5-2 bava kuri 4-3-3 bakoresheje bashaka itike y’igikombe cy’Isi.

Van Gaal ati “ Mbabwije kuri ubu buryo bwaratugoye mu mikino ya gicuti na Equateur, Ghana na Pays de Galles gusa abakinnyi bakomeje gukora cyane. Uyu munsi twakinnye umukino wacu, umukino utaha na Australia uzaba utandukanye.”

Espagne izacakirana na Chili tariki ya 18 Kamena 2014 saa 21.00 kuri Estadio do Maracanã mu gihe muri iri tsinda B Australia izaba yakinnye n’u Buholande saa 18.00 kuri Estadio Beira-Rio.

Abakinnyi binjiye mu kibuga

Espagne: Casillas, Azpilicueta, Sergio Ramos, Pique, Jordi Alba, Alonso (Pedro 63), Xavi, Busquets , Silva, Diego Costa (Torres 62) na Iniesta .

U Buholande: Cillessen, Janmaat, Vlaar , De Vrij, Martins Indi, Blind, de Guzman, Sneijder, De Jong , Van Persie na Robben.

Ryabaye ijoro ribi ku munyezamu Iker Casillas wari umaze iminota 433 adatsindwa igitego
Andreas Iniesta niwe watsinze igitego cyo mu 2010

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages