Uwayezu ayobora Rayon Sports guhera ku wa 24 Ukwakira 2020, aho yari yatorewe manda y’imyaka ine.
Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’Igihugu kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Nyakanga 2023, Uwayezu Jean Fidèle, yatangaje ko atazongera kwiyamamariza kuyobora Rayon Sports.
Ati "Nsigaje umwaka umwe n’amezi abiri, imyaka ine ukorera Rayon Sports harimo imvune, hari n’ibindi byinshi uba warigomwe. Ku bwanjye nifuza ko ntakongera gukomeza, ahubwo twashaka undi nk’Aba-Rayons na we akaza akagerageza imyaka ine. Nibabe bitegura bashake uzansimbura."
Mu myaka itatu Uwayezu amaze ku buyobozi bwa Rayon Sports, iyi kipe yabaye yatwaye Igikombe cy’Amahoro cya 2023 nyuma yo gutsinda APR FC igitego 1-0 ku mukino wa nyuma.
Muri Shampiyona ya 2020/21, iyi kipe yabaye iya karindwi, mu 2021/22 iba iya kane mu gihe mu 2022/23 yabaye iya gatatu.
Kuri ubu, Rayon Sports iri kwitegura umwaka w’imikino mushya wa 2023/24 aho izakina CAF Confederation Cup ihereye mu ijonjora rya kabiri, ikazahura n’ikipe izakomeza hagati ya Al Hilal yo muri Libya na Kakamega Home Boyz FC yo muri Kenya.
Ikipe y’Abagore ya Rayon Sports izakina Icyiciro cya Mbere mu mwaka w’imikino wa 2023/24 nyuma yo gutwara Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri mu mwaka wayo wa mbere kuva ishinzwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!